• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abapolisi 140 basimburanye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santarafurika

Umwanditsi
January 16, 2020

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 15 Mutarama 2020 abapolisi b’u Rwanda 140 bagiye mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika. Aba bapolisi ni icyiciro cya Gatanu(5) kigiye muri kiriya gihugu, bazakorera mu murwa mukuru wa Santarafurika(Bangui) bakazaba bashinzwe kurinda abayobozi bakuru ba kiriya gihugu ndetse n’abayobozi b’umuryango w’abibumbye n’ibindi bikorwa remezo.

Ubwo bari ku kibuga cy’indenge mpuzamahanga cya Kigali bitegura kugenda, umuyobozi w’iri tsinda, Chief Superintendent of Police (CSP) Valens Muhabwa yavuze ko abapolisi ayoboye biteguye kuzasohoza neza ubutumwa igihugu kiboherejemo kuko bagize igihe gihagije cyo guhugurwa ndetse n’abayobozi bakuru muri Polisi y’u Rwanda babahaye impanuro mbere y’uko bagenda.

Yagize ati: “Abapolisi bose nta kibazo bafite; akazi tugiyemo turakazi, twagize igihe gihagije cyo guhurwa ibijyanye n’akazi tugiyemo. Ubutumwa bwacu tuzabukorera mu murwa mukuru wa Bangui aho tuzaba dushinzwe kurinda abayobozi bakuru ba kiriya gihugu ndetse n’abakozi b’umuryango w’abibumbye”.

Yakomeje avuga ko biteguye kugera ikirenge mu cy’abababanjirije baharanira gukomeza kuzamura ibendera ry’u Rwanda muri kiriya gihugu ndetse n’andi mahanga.

Ati: “Abatubanjirije bitwaye neza bahesha isura nziza igihugu cyacu, natwe twiteguye gukomeza guhesha isura nziza u Rwanda. Tuzaharanira gukomeza kurangwa n’indangagaciro z’ikinyabupfura no gukora kinyamwuga”.

Kuwa kabiri tariki 14 Mutarama 2020 ubwo yaganirizaga aba bapolisi 140 bagiye muri Santarafurika gusimbura bagenzi babo, Umuyobozi mukuru wungirije muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa DIGP/OPs Felix Namuhoranye yabasabye kuzakomeza kuzamura ibendera ry’u Rwanda. Yabagaragarije ko kubigeraho byoroshye, icyo basabwa ari ugukomeza kurangwa n’ikinyabupfura ndetse no gukora kinyamwuga aho bari hose. Bakarangwa no kubaha abaturage ba kiriya gihugu ndetse n’abandi bapolisi b’ibindi bihugu bazaba barimo gukorana.

DIGP Namuhoranye yasabye abapolisi bagiye mu butumwa bwa UN kurangwa n’Ikinyabupfura n’ubunyamwuga

Abapolisi basimbuwe 140, nabo bageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu  wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2020 bafite akanyamuneza kenshi baterwa n’uko akazi boherejwemo n’igihugu bagasohoje neza.

Baje bayobowe na Superintendent of Police (SP) Dieudonne Binombe, yavuze ko ubutumwa bari bamazemo umwaka bwagenze neza bakaba barakoze neza inshingano zari zabajyanye, ziganjemo kurinda abayobozi bakuru ba Repubulika ya Santarafurika ndetse n’abakozi b’umuryango w’abibumbye n’ibikorwa remezo.

Yagize ati: “Ubusanzwe iri tsinda riba rishinzwe kurinda abayobozi bakuru b’igihugu ndetse n’abakozi b’umuryango w’abibumbye. Ariko twanakoze ibikorwa bitandukanye byiganjemo isuku n’isukura nko gutanga amazi mu baturage ndetse no gukora umuganda dusukura umujyi wa Bangui”.

Igikorwa cyo guherekeza no kwakira aba bapolisi cyari kiyobowe na Commissioner of Police(CP) Robert Niyonshuti, umuyobozi w’ishami rishinzwe amahugurwa muri Polisi y’u Rwanda, yari kumwe n’abandi bapolisi bakuru muri Polisi y’u Rwanda.

U Rwanda rwatangiye kohereza abapolisi mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika guhera mu mwaka wa 2014. Kugeza ubu amatsinda agera kuri 16 y’abapolisi b’u Rwanda amaze gusimburana muri kiriya gihugu.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga