• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Urukingo rwa Ebola ntabwo rukuraho izindi ngamba zo kuyirinda-MINISANTE

Umwanditsi
January 17, 2020

Abanyarwanda barasabwa gukomeza gukaza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Ebola, birinda kwirara nubwo iki cyorezo cyabonye urukingo. Ibi byavugiwe mu mahugurwa y’iminsi 3, yatangiye kuwa 16 Mutarama 2020, agamije kongerera ubumenyi abanyamakuru ku kumenya gutara, gutunganya no gutangaza amakuru ku ndwara ya Ebola. Iyi ndwara yagaragaye mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda by’umwihariko muri Repubulika iharanira Demokrasi ya Congo aho yahitanye abantu basaga ibihumbi 2 guhera muri Kanama 2018.

Kuba Ebola ari ikibazo gihangayikishije Isi yose haje kuvumburwa urukingo rwayo rwaje guhabwa n’abanyarwanda. Nyamara ngo kuba uru rukingo rwarabonetse ntibigomba guca intege ingamba u Rwanda rwafashe mu kuyirinda nkuko bitangazwa n’Umukozi wa Minisiteri y’ubuzima ushinzwe itangazamakuru, Kayumba Malick.

Yibibutsa ko mu byo abanyamakuru bakwiye kumenya no guha abaturarwanda ari ukubibutsa ko urukingo rwa EBOLA rutaje gusimbura izindi ngamba zose zafashwe hagamijwe gukumira iyi ndwara.

Ati“ Gufata urukingo ntabwo bihagije. Urufata, utarufata ukomeza za ngamba zo kwirinda EBOLA”.

Kayumba, akomeza avuga ko kubona uru rukingo, atari ibintu byoroheye u Rwanda dore ko ngo byasabye inzira ndende, habanza kuboneka inkingo ibihumbi bitatu aho abantu bikekwa ko bashobora kugira ibyago byinshi byo guhura n’iyi ndwara aribo bazihawe.

Aba barimo cyane cyane abaturiye imipaka ikora kuri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, abaganga, abakozi bo ku mipaka n’abandi. Nyuma yo kubona izi nkingo 3,000, uruganda rwazikoraga ngo rwarafunze ariko haboneka urundi rukingo rwa kabiri rwakozwe n’urundi ruganda, aho u Rwanda ruteganya inkingo ibihumbi 200 nazo ku ikubitiro zizakingirwa abantu bigaragara ko bafite ibyago byinshi byo kuba bahura na EBOLA.

Abanyamakuru bari mu mahugurwa mu ifoto y’urwibutso ubwo bamwe bari berekeje i Rubavu.

Icyorezo cy’indwara ya EBOLA cyongeye kugaragara muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri Kanama 2018. Abatangajwe ko barwaye iyi ndwara ni abantu 3288 mu gihe muri aba hapfuye 2236.

U Rwanda mu gukumira no kurinda ko iyi ndwara yagera ku butaka bwarwo, hafashwe ingamba zitandukanye aho hateguwe abakozi bashinzwe kwita ku muntu wagaragarwaho n’iyi ndwara, ku mipaka no kubibuga by’indege hashyirwa imbaraga n’uburyo bwo gufasha uwakekwaho kuza afite iyi ndwara, hashyizweho kandi aho abantu bakarabira intoki bava muri Kongo n’izindi ngamba.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

 

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga