• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Ngoma: Yatawe muri yombi akekwaho gutanga ruswa ngo afunguze Sebukwe

Umwanditsi
January 21, 2020

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 19 Mutarama 2020, Polisi ikorera mu murenge wa Rukira mu karere ka Ngoma yafashe umugabo witwa Habumugisha Slyvestre w’imyaka 41 ubwo yageragezaga gutanga ruswa ingana n’amafaranga ibihumbi ijana (100,000frw). Yayatangaga agira ngo afungurirwe sebukwe.

Nk’uko bitangazwa na Polisi ikorera muri uyu murenge wa Rukira ivuga ko tariki ya 17 Mutarama 2020 yakoze umukwabu w’abakora bakanacuruza inzoga zitemewe ndetse n’ibiyobyabwenge, muri uwo mu kwabu ifatiramo umugabo witwa Mutabazi Jeremie afite kanyanga litiro imwe n’igice (1,5L) nyuma yo kumufata imushyikiriza urwego rw’ubugenzacyaha rukorera kuri sitasiyo ya Rukira.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko ku mugoroba wa tariki ya 19 Mutarama aribwo Habumugisha yazanye aya mafaranga agerageza kuyaha ushinzwe umutekano ngo amufasha ku mufungurira uyu sebukwe Mutabazi.

Yagize ati: “Yaje mu masaha ya nimugoroba atumaho umwe mu bashinzwe inzego z’umutekano ukorera muri uwo murenge bahurira mu kabari amubwira ko amuha ruswa y’ibihumbi ijana akamufasha gufungura sebukwe Mutabazi ukurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ikiyobyabwenge cya kanyanga”.

CIP Twizeyimana akomeza avuga ko uyu ushinzwe umutekano akimara kubona ko Habumugisha yamuhamagarije muri ako kabari kugira ngo amuhe iyo ruswa yahise ahamagara Polisi ihita iza iramufata imushyikiriza urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB rukorera kuri sitasiyo ya Rukira ngo akurikiranwe kuri icyo cyaha.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba yibukije abaturage ko ruswa ari umwanzi w’iterambere kuko ingaruka zayo zigera kuri buri wese, bityo ko kuyirwanya no kuyikumira bisaba uruhare rwa buri wese.

Yagize ati: “Ruswa aho yashinze imizi abaturage bamwe baraharenganira kuko badahabwa serivisi nk’uko bikwiye, akenshi serivisi bagaherewe igihe kandi k’ubuntu bibasaba ko babanza kuzigura, ibi ugasanga bidindije iterambere ryaba iry’umuntu ku giti cye n’iry’igihugu muri rusange”.

Yavuze ko ruswa ari icyaha gihanwa n’amategeko bityo ko buri wese akwiye kuyirwanya no kuyikumira atungira urutoki Polisi n’izindi nzego uwo ariwe wese ayicyetseho.

Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga