• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Nyanza: Batanu bafashwe bakekwaho gucuruza mazutu mu buryo bwa magendu

Umwanditsi
January 27, 2020

Mu rukerera rwo kuri uyu wa 25 Mutarama 2020 Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Nyanza mu murenge wa Kigoma mu kagari ka Gasoro yakoze umukwabu maze ifatiramo abantu bacuruzaga mazutu mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Hafashwe litiro 44 za Mazutu n’amajerikani arimo ubusa arenga 1,000 bacururizagamo iyo mazutu, hamwe n’imigozi bifashisha bavoma mazutu mu modoka.

Abafashwe ni: Musabyimana Catherine w’imyaka 53, Habagusenga Claude w’imyaka 23, Ndayisenga Cyriaque w’imyaka 28, Mwambari Sergent w’imyaka 26 na Gahongayire Donatha w’imyaka 29, uyu iwe bakaba bahasanze amabaro y’ibitenge agifunitse ataracuruza.

Iyi mazutu aba bacuruzi bakaba bayivoma mu makamyo aba aparitse ku Gasoro bakajya kuyacuruza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro avuga ko nyuma yo kumenya ko aya makamyo atwara mazutu hari abantu baza kuyavomamo mazutu, Polisi ikorera kuri sitasiyo ya Busasamana yakoze umukwabu wo gufata abacyekwa.

Yagize ati: “Abapolisi bakorera kuri iyi sitasiyo ya Busasamana bari bafite amakuru ko hari abaturage bo mu midugudu ya Gisoro na Nyakabungo yo mu kagari ka Gasoro bavoma iyi mazutu bakajya kuyicuruza,  niko guhita hategurwa igikorwa cyo kujya kubafata, mu rukererra rwo kuri uyu wa Gatandatu ahagana saa kumi”

CIP Twajamahoro akomeza avuga ko abapolisi bagiye bakorana n’abayobozi b’iriya midugudu bakabereka umuntu wese ucuruza muri iyo midugudu bajyayo bakabasangana mazutu zose ziteranyije zigera kuri litiro 44, amajerikani bavomeramo iyo mazutu ndetse n’imigozi bifashisha bayivoma.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo avuga ko aba bose bemeye ko iyi mazutu basanzwe bayicuruza. Kuba izo jerikani basanze nta mazutu irimo ngo ni uko bayicuruje igashira bakaba biteguraga kujya kugura indi ku bayitwara mu makamyo.

CIP Twajamahoro yagiriye inama abantu kwirinda ubucuruzi bw’ibikomoka kuri peteroli kuko bishobora guteza inkongi y’umuriro, abagize umuryango bagashya ndetse bakaba bakongeza no mu baturanyi.

Yagize ati:“ Nta muntu wemerewe gucururiza mu rugo Essence na Mazutu, ibi bicuruzwa bizirana n’ikibatsi cy’umuriro. Umwana cyangwa undi muntu ashobora kwibeshya akarasa umwambi yegereye ahateretse biriya bicuruza umuriro ugahita waka, ugatwika abari hafi aho ndetse bikagera no mu baturanyi.”

Aha niho CIP Twajamahoro ahera yibutsa abantu ko biriya bicuruzwa bikomoka kuri peteroli hari ahantu habugenewe kuri za sitasiyo zabyo babicururiza.

Yakanguriye abaturage kwirinda ibyaha muri rusange no gutanga amakuru yatuma haburizwamo ibyaha bitarakorwa, no gufata ababikoze.

Aba bose uko ari batanu bafashwe bacuruza mazutu, bashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB sitasiyo ya Busasamana n’ibyo bafatanwe.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga