• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
21/10/25
Kamonyi-Rugalika: Gitifu Nkurunziza yagarutse ku gaciro no gukomera k’Umugore, abaha umukoro
21/10/25
Kamonyi-Rugalika/Ruramba: Ihaniro(Igikari cy’Umubyeyi) ryashyize Abagore ku murongo
21/10/25
Ibihumbi 50 byamuhesheje amahirwe yo gutsindira hafi Miliyoni imwe muri FORTEBET
21/10/25
Kamonyi-Rugalika: Umugabo uzwi ku izina rya Lizembe yapfuye Umugore yisanga mu maboko atari aye

Kamonyi/Kayenzi: Umucungamutungo yatorotse akekwaho gusinyira bagenzi be

Umwanditsi
January 30, 2020

Kuva kuwa Gatanu tariki 24 Mutarama 2020, umukozi w’Akarere ka Kamonyi ukora nk’Umucungamutungo (Kontabure-accountant) mu Murenge wa Kayenzi ntabwo aragaragara mukazi. Birakekwa ko yaba yaratorotse nyuma y’amakuru avuga ko yaba yarafashe amafaranga muri banki akoresheje amayeri, aho yasinyiye bagenzi be.

Amakuru agera ku intyoza.com avuga ko uyu mukozi witwa Cyiza Yves ukorera mu Murenge wa Kayenzi ku rwego rw’umucungamutungo w’Umurenge (Kontabure), yaba yarafashe Sheki( Cheque), agatabo bifashisha mu kubikuza k’umurenge akigana imikono y’abasanzwe bemerewe gusinya ubundi akajya muri imwe muri Banki akabikuza.

Mu kubikuza aya mafaranga, amakuru agera ku intyoza ni uko bitakorewe muri uyu murenge, ahubwo byakorewe I gakenke aho yatumye undi muntu. Nyuma yo kumenyekana ndetse hakaba hari amakuru ko hari abamuburiye ko agiye gufatwa yahise ashaka uko agenda kuva uwo munsi kugera none kuwa 30 Mutarama 2020 twandika iyi nkuru ntabwo yari bwagaruke mukazi.

Kayitesi Alice, umuyobozi w’Akarere ka kamonyi yahamirije intyoza.com ko amakuru y’uko uyu mukozi kuva ku munsi twavuze haruguru atari mukazi ari impamo. Uyu muyobozi yirinze kuvuga ku by’amafaranga no kwisinyira.

Ati“ Hari umukozi w’Akarere ukorera mu Murenge wa Kayenzi ( accountant), kuva kuwa 5 ntarimo kugaragara mu kazi, ariko ibijyanye n’amafaranga yatwaye byo ntabyo nzi. Turimo kumukurikirana nk’umukozi utaza mu kazi. Nyuma y’iminsi 15 atari mu kazi, afatwa nk’uwagataye”.

Mu gihe uyu mukozi agiye kumara iminsi itanu atagaragara mu kazi, imirimo yakoraga irakorwa nk’uko yajyaga ikorwa ari mu kiruhuko cyangwa se yagize izindi mpamvu zimusibya, nkuko byatangajwe na Kayitesi Alice umuyobozi w’Akarere.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5892 Posts

Politiki

4143 Posts

Ubuhinzi

148 Posts

Ubukungu

1021 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

148 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga