• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Huye/Rusatira-Kimuna: Umukecuru yahisemo kwiyahura aho guha Gitifu ibihumbi 500

Umwanditsi
February 14, 2020

Kuri uyu wa 14 Gashyantare 2020, mu kagari ka Kimuna, Umurenge wa Rusatira ho mu karere ka Huye, umukecuru witwa Mukandekezi Helena yafashe umwanzuro wo kwiyahura nyuma yo gusabwa na Gitifu w’Umurenge amafaranga ibihumbi magana atanu (500,000Fr )y’u Rwanda. Aya mafaranga Gitifu avuga ko ari amande y’uko acuruza inzoga z’ibikwangari.

Amakuru agera ku intyoza.com aturuka mu baturage b’I Rusatira, ahamya ko Gitifu w’Umurenge yagiye mu rugo rw’uwitwa Mukandekezi Helena, akamuca amafaranga ibihumbi magana atanu (500,000Frws) kuko ngo yapimaga inzoga zitemewe. Aho kugira ngo uyu wayacibwaga ayatange, yihinnye mu cyumba anywa umuti wa Simakombe ashaka kwiyahura aho gutanga aya mafaranga.

Bamwe muri aba baturage, bavuga ko aya mafaranga yasabwaga uyu muturage nta busobanuro bundi bayaha butari Ruswa ngo kuko niba basanze apima inzoga zitemewe, bari kumujyana agatangira amande ahagenwa n’itegeko n’amabwiriza kuko ngo Gitifu atariwe uca amande ngo anayakire. Gusa na none bahamya ko ikibazo cya ruswa mu bitwa ko bacuruza inzoga z’inkorano zitemewe muri aka gace kimaze gufata indi ntera, kuko ngo n’uyu mukecuru ayo amaze gutanga atagira Gitansi ntagira ingano.

Karisa, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusatira aganira n’intyoza.com ntabwo yahakanye ko yageze muri uru rugo, kandi nta nubwo yahakanye ko uyu mukecuru yanyoye uyu muti wa Simakombe.

Abajijwe n’umunyamakuru niba koko uyu mukecuru yanyoye umuti wa Simakombe ubwo yajyaga iwe, yagize ati “ Twari turi mu isuku, tujya kureba isuku kuko asanzwe akora ibikwangari kuko ngira ngo yaranabifungiwe, tuhageze dusanga abantu benshi barimo barabinywa, turabimena noneho turamujyana kuko buriya akenshi batangira amande kuri Polisi, aratubwira ngo agiye mu nzu gufata imiti, ageze mu nzu aratinda tugiye kureba dusanga byamumenetseho biriya bya Simakombe noneho turamubaza tuti tugutware kwa muganga ngo oya ndakira, nta kibazo ndakira”.

Akomeza ati“ Ubwo ariko bamuhaye amata, turategereza ko aruka ntabwo yigeze aruka, dufata umwanzuro wo kumujyana kwa muganga tuvugana n’umuhungu we yari aho ngaho aratubwira ngo nta kibazo, ariko ikigaragara icyo twabonye ni kwa kundi nyine umukecuru yabonye yuko ashobora kujya gufungwa agira ibikangisho”.

Gitifu w’Umurenge wa Rusatira, avuga ko ubwo yajyaga muri uru rugo yari kumwe n’ushinzwe Sante Communautaire( ugenekereje mu nyito yabo ni ushinzwe Isuku n’ibikorwa by’abajyanama b’Ubuzima), kandi ko uyu yamusuzumye agasanga nta Simakombe yanyoye, ko ahubwo yatinye ko najyanwa kwa muganga biri bugaragare kuko ngo bamubazaga bakabona ni muzima. Gusa ku rundi ruhande hibazwa impamvu yahawe amata yo ku murutsa niba atanyoye iyo miti.

Kuba uyu mukecuru yaba yari agiye kwiyahura kubera gutinya amafaranga ibihumbi 500 yacibwaga, Gitifu yagize ati “ Ubundi ni ibihumbi magana atanu, ni Njyanama y’Akarere yabishyizeho kugira ngo babicikeho”.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusatira, avuga ko inzoga z’inkorano zitemewe n’amategeko zigira ingaruka mu mubiri w’uzinyoye, aho ngo usanga barwara impyiko, umwijima n’igifu.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga