• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
14/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
14/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
14/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Kizito Mihigo arakekwaho ibyaha birimo kujya kwifatanya n’imitwe y’iterabwoba

Umwanditsi
February 14, 2020

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, kuri uyu wa 14 Gashyantare 2020 rwatangaje ko bumaze iminsi ibiri bufite umuhanzi Kizito Mihigo, aho bwamushyikirijwe n’inzego z’Umutekano. Akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kujya kwifatanya n’imitwe y’iterabwoba irwanya I Gihugu, icyaha cya Ruswa n’ibindi.

Rubinyujije ku rubuga rwa Twitter, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB, rutangaza ko ku gicamunsi cyo kuwa 12 Gashyantare 2020 aribwo inzego z’umutekano zarushyikirije umuhanzi Kizito Mihigo, aho zamufatiye mu karere ka Nyaruguru ashaka kwambuka mu buryo bunyuranije n’amategeko ajya I Burundi.

Mu byaha RIB ivuga ko ikurikiranyeho uyu Kizito Mihigo harimo; Gukekwaho icyaha cyo kwambuka umupaka mu buryo bunyuranije n’amategeko agamije kujya kwifatanya n’imitwe y’iterabwoba irwanya Igihugu ndetse n’icyaha cya Ruswa.

RIB, itangaza ko yatangiye iperereza kuri ibi byaha imukekaho kugira ngo dosiye ikorwe ishyikirizwe ubushinjacyaha.

Umuhanzi Kizito Mihigo, mu mwaka wa 2015 yari yarakatiwe n’urukiko rukuru igihano cy’igifungo cy’imyaka icumi. Muri Nzeri 2018 biturutse ku mbabazi za Perezida wa Repubulika yararekuwe.

Kizito Mihigo imbere, aha yari afunguwe ku mbabazi za Perezida. Photo/internet

Icyaba cyateye uyu Muhanzi Kizito Mihigo gushaka gutoroka no kujya mubyaha akekwaho nk’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha-RIB rwabitangaje ntabwo kiramenyekana.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga