• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
10/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
10/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana
10/09/25
Kamonyi-Blue Sky School: Abanyeshuri n’Abarimu bashimiwe ku guhesha ikigo ishema
10/09/25
Kamonyi-Runda: Umugabo w’imyaka 35 y’amavuko yasanzwe amanitse mu mugozi

Burera: Abantu babiri bakekwaho kwinjiza mu gihugu ibiyobyabwenge bafashwe

Umwanditsi
February 20, 2020

Kuwa kabiri tariki ya 18 Gashyantare 2020, Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Burera yafashe Narayisenze Dionis na Niyotwiringiye Jean bafite litiro 120 z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga. Bafatiwe mu kagari ka Kiyogera, umurenge wa Gatebe mu karere ka Burera.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyaruguru, Chief Inspector of Police (CIP) Alexis Rugigana yavuze ko abaturage aribo batanze amakuru yatumye bariya bantu bafatwa.

Yagize ati:”Aba bombi bafashwe bamaze kwambutsa Kanyanga bayikuye mu gihugu cya Uganda bayinjiza mu Rwanda banyuze mu nzira zitemewe n’amategeko”.

CIP Rugigana yakomeje avuga ko kuri ubu abakora ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge bahinduye amayeri aho basigaye bakoresha abana mu kwinjiza ibiyobyabwenge n’izindi magendu.

Ati: “Ubu basigaye bifashisha abana mu gutunda ibiyobyabwenge aho bavugana kubishyura ibihumbi bitatu by’amafaranga y’u Rwanda nyuma yo kubigeza aho baba basezeranye”.

Yashimiye abaturage ku ruhare rwabo mu gutanga amakuru atuma abinjiza ibiyobyabwenge mu gihugu bafatwa bitarangiza ubuzima bw’abanyarwanda, ndetse abaturage banatanga amakuru ku mayeri yose akoreshwa mu kwinjiza ibiyobyabwenge mu gihugu.

Ati “Ubufatanye bwubatswe hagati ya Polisi n’abaturage burimo gutanga umusaruro ugaragara kuko bituma amakuru agera ku nzego z’umutekano abanyabyaha bagafatwa batarabasha guhungabanya umutekano no kwangiza ubuzima bw’abantu. Tukaba dushimira abaturage ku bw’ubu bufatanye kandi turabasaba kubikomeza kugirango uwo ari we wese ugitekereza kwinjiza, gukora no gucuruza ibiyobyabwenge n’urundi rusobe rw’imiti ikora nkabyo yangiza ubuzima bw’abantu afatwe”.

Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’abafatanyabikorwa bayo bakoze ubukangurambaga bugamije gukumira no kurwanya abishora mu biyobyabwenge no guca uruhererekane rw’abagira uruhare mu kubyinjiza mu gihugu bagashyikirizwa ubutabera.

Mu Rwanda Kanyanga ishyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge byoroheje, aho uwahamijwe n’urukiko kuri icyo cyaha ahanishwa igihano kigera ku myaka irindwi y’igifungo.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5861 Posts

Politiki

4112 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga