• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
25/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
25/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
25/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
25/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET

Ibiro bisaga 200 by’amabuye y’agaciro byafatiwe ahantu hatandukanye mu gihugu

Umwanditsi
February 25, 2020

Ibiro 200 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti yafatiwe mu karere ka Nyagatare mu murenge wa Matimba naho ibiro 20 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Mangano afatirwa mu murenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu. Aya mabuye yose yafashwe tariki ya 22 Gashyantare 2020.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police(CIP) Hamdun Twizeyimana avuga ko ibiro 200 by’amabuye y’agaciro, ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryayasanze mu nzu iwabo wa Sindikubwabo Gerard w’imyaka 20 ariko we aracika akaba arimo gushakishwa.

Yagize ati: “Abaturage bari basanzwe bafite amakuru ko uriya musore acuruza amabuye y’agaciro mu buryo bwa magendu, kuwa Gatandatu tariki ya 22 Gashyantare umwe mu baturage amubona yinjiza imifuka mu nzu iba mu gikari iwabo ahita abimenyesha Polisi”.

CIP Twizeyimana akomeza avuga ko abapolisi bahise bajya muri urwo rugo basanga yayakingiranye mu nzu yabagamo iwabo mu rugo ari naho yayabikaga, basabye umubyeyi wa Sindikubwabo gukingura umuryango wari uhishemo ayo mabuye arabyanga ariko umwe mu bavandimwe ba Sindikubwabo azana urufunguzo arakingura basanga koko harimo imifuka irimo ya mabuye.

Ni mu gihe nanone kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22 Gashyantare mu murenge wa Gisenyi ku mupaka w’u Rwanda n’igihugu cya Repubulika ihanira Demokarasi ya Congo hafatiwe abantu babiri bari barimo kwinjiza mu Rwanda ibiro 20 by’amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Mangano.

Aya mabuye bari bayavanze n’ibindi bicuruzwa mu rwego rwo kuyahisha, abapolisi b’u Rwanda barabasaka barayabasangana.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’iburasirazuba akangurira abantu kureka ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bwa magendu kuko bugira ingaruka ku muryango nyarwanda n’igihugu muri rusange. Asaba abanyarwanda gukomeza gutanga amakuru kandi bakayatangira ku gihe.

Ati: “Ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro bwa magendu buhombya igihugu kigasubira inyuma mu iterambere kuko ariya mabuye ntibayasorera, ni mu gihe haba hari abashoramari bayacuruza mu buryo bwemewe n’amategeko kandi basora. Byongeye ubifatiwemo arafungwa ndetse akanatanga amande bityo we n’umuryango we bagasubira inyuma mu iterambere”.

Abafashwe ndetse n’amabuye y’agaciro bafatanwe bashyikirijwe ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu.

Ingingo ya 54 mu itegeko no 58 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri rivuga ko: Gukora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5897 Posts

Politiki

4148 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga