• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
31/10/25
Kamonyi-GS Ruramba:“ Ishuri ryanjye, Urukwavu rwanjye”, Umushinga wo gukundisha abana Ishuri
31/10/25
Muhanga: Itsinda ry’abakekwaho ibikorwa by’Ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
31/10/25
Kamonyi-Musambira/HC: Nyuma y’Amezi asaga 8 basa n’abakorera mu manegeka, mu Buhungiro bagarutse
31/10/25
Umunyamahirwe muri FORTEBET yatahanye asaga Miliyoni ku Ipari ebyiri zisa

Nyanza: Umusore ukekwaho kubana n’umwana utaruzuza imyaka y’ubukure yatawe muri yombi

Umwanditsi
March 11, 2020

Mu mudugudu wa Nyabisindu, Akagali ka Rwesero, Umurenge wa Busasamana, Akarere ka Nyanza, kuri uyu  10 Werurwe 2020 umusore yatawe muri yombi akekwaho kubana n’umwana utaruzuza imyaka y’ubukure, nk’umugabo n’umugore.

Umusore watawe muri yombi, yitwa Mazimpaka Patrick w’imyaka 31 y’amavuko. Arakekwaho icyaha cyo kubana n’umwana w’umukobwa nk’umugabo n’umugore. Bamwe mu baturanyi babwiye umumyamakuru ko inzego z’umutekano zaje kumufata zimusanze aho yakodeshaga.

Umwe muri bo yagize ati” Ku mugoroba Dasso zaraje zibasanga bombi bari mu nzu, barinjira umugabo asohoka ataruhanyije bamushyira kuri moto hagati ya Dasso, basaba umugore we (uwo bivugwa ko atarageza imyaka y’ubukure) kubakurikira kuri polisi”.

Aya makuru yifatwa ry’uyu musore, yemejwe n’umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Marie Michelle Umuhoza.

Yagize ati” Nibyo Mazimpaka yarafashwe afungiye kuri sitasiyo ya Busasamana, arakekwaho icyaha cyo kubana n’umwana nk’umugabo n’umugore”.

Umuvugizi w’ubugenzacyaha, Marie Michelle Umuhoza yirinze gutangariza umunyamakuru imyaka y’uyu mwana w’umukobwa uvugwa ko yabanaga n’uyu musore atarageza ku myaka y’ubukure, avuga ko bikiri mu iperereza.

Amakuru agera ku kinyamakuru intyoza.com avuga ko aba bantu bamaranye igihe bacuruza akabari, aho babanje kuba mu karere ka Huye nyuma uyu musore akaza kuhava, akimukira iwabo i Nyanza kuko aho yabaga (Huye) bashakaga kumufunga kubera n’ubundi uyu mwana.

Aho aba bombi bivugwa ko baba.

Uyu bivugwa ko atujuje imyaka y’ubukure, yakuwe mu ishuri ry’isumbuye rya Nyanza  ageze mu mwaka wa kabiri. Bivugwa kandi ko uyu mwana atumvikanaga na nyina wa Mazimpaka (Nyirabukwe), kuko mu ijoro ribanziriza itabwa muri yombi rya Mazimpaka, yabasanze aho bacumbitse akibasira uyu bivugwa ko ataruzuza imyaka 18 y’ubukure, akamutuka avuga ko azabafungisha. Muri iryo joro abatuka ngo abaturage barahuruye, n’irondo ry’umwuga baza kubakiza, kandi nyina yabatukaga avuga ko yabahishiriye igihe kinini noneho agomba kubafungisha.

intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5902 Posts

Politiki

4153 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1026 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

151 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga