• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/03/26
Kamonyi-Nyarubaka: Umwana w’imyaka 4 y’amavuko yapfuye azize Ibiza
26/03/26
Kamonyi-Nyarubaka: Ingurube yabaye igitambo ku muryango wararanaga n’Amatungo, harokoka Ihene
26/03/26
Kamonyi: Meya Dr Sylvere Nahayo, ahaye komite nshya ya PSF umukoro
26/03/26
Minisitiri Uwimana Consolée, ati“ Akarere ka Kamonyi gashobora kuba karatekereje ko kageze iyo kajyaga”

Kamonyi: Hari abakozi bahagaritswe by’agateganyo, bari gukorwaho iperereza

Umwanditsi
March 17, 2020

Abakozi batandukanye kuva ku rwego rw’Akagari, Umurenge n’Akarere bahagaritswe by’agateganyo kuva kuwa Kane Tariki 12 Werurwe 2020. Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi butangaza ko bakurikiranweho amakosa bakoze mu kazi, aho iperereza kuri bo ryatangiye. Abahagaritswe bose ni icyenda.

Kayitesi Alice, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yabwiye intyoza.com ko amakuru y’ihagarikwa by’agateganyo kuri aba bakozi ari impamo. Ko kandi bose bakurikiranyweho amakosa ajyanye n’akazi, aho barimo gukorwaho iperereza.

Meya Kayitesi, avuga ko muri aba bakozi, hari abahagaritswe by’agateganyo amezi atatu, hakaba abandi bahagaritswe amezi atandatu. Icyemezo cyangwa umwanzuro w’icyo gukora kuri aba bakozi bizaterwa n’ibizava mu iperereza.

Guhagarika aba bakozi by’agateganyo, ni icyemezo cyafashwe na Komite nshingwa myitwarire mu karere. Amakuru agera ku intyoza.com ni uko bamwe muri aba bakozi ibibazo bibavugwaho ari nabyo barimo gukorwaho iperereza bimaze igihe, aho byanagiye bivugwa kenshi ariko kubakoraho iperereza cyangwa se ngo bafatirwe icyemezo bigatinda.

Amazina y’aba bakozi turayafite ndetse na bimwe mubyo bakekwaho turabifite ariko kuko bikiri mu iperereza twirinze kubishyira hanze. Andi makuru agera ku intyoza ni uko uretse aba batangiye gukorwaho iperereza hakiri n’abandi banugwanugwa. Mu bahagaritswe by’agateganyo, harimo na bamwe mu bayobozi b’amashami mu Karere.

Gusa bamwe muri aba bakozi, bari bamaze kugera ku rwego rw’inzangano hamwe hari n’abatashoboraga kwicarana kandi bakorera mu biro bimwe. Hari n’abigeze kugirana ubushyamirane hafi no gukozanyaho, abandi baremye udutsiko dukumira tukanaheza bagenzi babo n’ibindi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5941 Posts

Politiki

4190 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1047 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga