• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/08/25
Kamonyi-Rugalika: Itsinda ry’abakekwaho ubugizi bwa nabi batawe muri yombi
19/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
19/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
19/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage

Abantu 2 muri 4 bagaragaye muri Video (amashusho) bakubita Niyonzima batawe muri yombi na Polisi

Umwanditsi
March 27, 2020

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yamaze guta muri yombi abantu babiri muri bane bagaragaye muri Video(amashusho) yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, aho uwitwa Niyonzima yafashwe amaguru n’amaboko bakamunaganika mu kirere, bakamuhata igiti. Ibi byakorewe mu karere ka Rubavu, Umurenge wa Rugerero.

Muri aya mashusho (Video) yiriwe akwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 26 Werurwe 2020, hagaragaramo umugabo urimo guhondagurwa, hari bamwe bamufashe amaguru abandi amaboko bamunaganitse mu kirere, ubundi ufite ikibando akamukubita, nta mpuhwe, nta bumuntu.

Uretse aba bamufashe ndetse n’umukubita, muri aya mashusho hanumvikanamo amajwi y’abavuga ngo ntabwo aranyara, ni anyara nibwo araba azumvise(inkoni). Bivuze ko bagomba gukubita kugeza yinyariye, ibintu bigaragaza ubunyamaswa n’ubugome bwakoranywe uru rugomo.

Niyonzima ukubitwa, ashinjwa n’abamukubita ubujura. Ibintu ubusanzwe mu mategeko y’u Rwanda bitemewe ko abantu bihanira, uretse ko aba bo banarenze urwego rwo kwihanira bikagaragara nk’iyicarubozo.

Polisi y’u Rwanda ibinyujije kuri Twitter yayo aho yasubizaga umunyamakuru Mutabaruka Angeli, ukorere Radio na Tv1, wari wanditse asaba ko aba bantu bakoze ibi bakurikiranwa, yaje gusubizwa ko babiri muri aba bagaragaye bahondagura uyu Niyonzima bamaze gutabwa muri yombi. Bamwe mubagize icyo bavuga nyuma y’ubu butumwa bwa Polisi, basabye ko abantu bagaragara muri ariya mashusho bagakwiye bose gukurikiranwaho ubufatanyacyaha no kudatabara umuntu uri mukaga.

Dore ubutumwa bwa Polisi isubiza Mutabaruka:

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5847 Posts

Politiki

4098 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1005 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga