• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
04/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
04/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
04/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
04/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Perezida Kagame yavuze impamvu abarwayi ba Corona Virus bazakomeza kwiyongera, atanga ihumure

Umwanditsi
March 27, 2020

Mu ijambo Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Kagame Paul yagejeje ku Banyarwanda ku I saa yine z’ijoro ry’uyu wa 27 Werurwe 2020, ku birebana n’icyorezo cya Corona Virus gihangayikishije Isi, yavuze ko abarwayi bayo bazakomeza kwiyongera kubera hari abantu bagiye bahura n’abayirwaye. Yakomoje ku ngamba zifatwa, atanga ihumure, anavuga ko binyuze mu bufatanye no kudatezuka intsinzi izaboneka.

Perezida Kagame, yibukije ko abarwayi ba Corona Virus bamaze kugaragara mu gihugu cy’u Rwanda ari 54, kandi ko bazakomeza kwiyongera.

Yagize ati“ Uyu munsi, hamaze kugaragara abarwayi ba Corona Virus 54, mu Gihugu cyacu. Uyu mubare uzakomeza kuzamuka kuko hakomeje gushakishwa abahuye n’abarwayi b’iyo ndwara kugira ngo bapimwe ndetse abagaragayeho uburwayi bavurwe”.

Perezida kagame, akomeza ati“ Ubu nibwo buryo bwiza bwo gufasha abashobora kuba baranduye, mu rwego rwo kurinda imiryango yabo ndetse natwe twese aho dutuye”.

Umukuru w’Igihugu, yibukije ko icyemezo gikomeye u Rwanda rwafashe cyo guhagarika indege zitwara abagenzi no kugabanya urujya n’uruza ku mipaka y’Igihugu, byatumye hadakomeza kwinjira abandi barwayi bashya.

Avuga ko guhagarika ingendo hagati mu Gihugu byakozwe mu buryo bwo kugabanya ikwirakwizwa ry’ubwandu bwa Corona Virus. Gusa ngo iyi ndwara ya Corona Virus yandura mu buryo bwihuse ndetse butarasobanuka neza bihagije. Ashimangira ko ari inshingano z’ubuyobozi bw’Igihugu mu gutuma idakomeza gukwira hose. Ahamagarira buri wese gukomeza gushyira mu bikorwa amabwiriza yashyizweho na Leta no kwihanganira ingorane zose byaba bitera.

Perezida Kagame, yongeye kwibutsa no gusana buri wese Kuguma mu rugo, Gusiga intambwe ndende hagati y’umuntu n’undi igihe avuye mu rugo cyangwa se arurimo. Yibukije kandi ko buri wese akwiye gukaraba intoki neza kandi kenshi, kwitabaza ubuyobozi igihe ugaragaje ibimenyetso by’uburwayi.

Ibi bihe ntabwo byoroshye nk’uko Umukuru w’Igihugu yabivuze, kandi ngo byahungabanije imibereho y’Abanyarwanda benshi kandi mu gihugu hose. Yasabye ukwihangana, yibutsa ko intambwe irimo guterwa ari nziza, ko bityo ntawe ukwiye gutezuka.

Perezida Kagame Paul, yibukije abanyarwanda ko bagiye bivana mu bibazo byinshi mu bihe bitandukanye babikesheje gushyira hamwe. Yasabye ubufatanye no kudatezuka muri iyi ntambara yo kurwanya Corona Virus. Asaba uruhare rwa buri wese haba mu bikorwa no mu myumvire, yizeza ko nta kabuza intsinzi ihari.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga