• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Abafitiye umwenda amabanki, barasaba koroherezwa mu kwishyura kubera CoronaVirus

Umwanditsi
April 2, 2020

Bamwe mu baturage bafite umwenda muri banki zitandukanye basaba ayo mabanki kuba aretse kwishyuza cyangwa kubara inyungu z’ubukererwe bitewe n’uko imirimo imwe n’imwe yahagaze kubera ingamba zafashwe zirimo na “Guma murugo”. Basaba ko gahunda yazakomeza nyuma y’izi ngamba.

Murwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus gihangayikishije abatuye ku isi, imwe mu mirimo yarahagaze. Imwe muyahagaze twavuga nk’ubufundi, ubuyedi, ubucuruzi bw’ibyambarwa, ubwikorezi bw’abantu, utubari n’ibindi. Hari abavuga ko n’uwabona amafaranga yakwihutira gushaka ibyamutunga aho kwirukira kwishyura Banki.

Bamwe mu banyamuryango b’amabanki atandukanye baganiriye na intyoza.com bavuga ko iki cyorezo cya Coronavirus cyateye bafite umwenda wa banki, bagasaba ko kwishyuzwa cyangwa kubarwaho inyungu z’ubukererwe byaba bihagaze byibura bikazatekerezwa nyuma yo kuva muri ibi bihe bitaboroheye mu rwego rw’imibereho.

Umwe mu baturage ati” Njye ndi umunyamuryango wa Sacco mu murenge wa Rusatira, nyifitiye umwenda, amabanki nabe abihagaritse kuko umuntu ntabwo azishyura atabonye aho akorera amafaranga”.

Mugenzi we yunzemo ati ” Mfite umwenda wa banki. Nifuza ko mwatuvugira muri iyi minsi bakaba bahagaze kutwishyuza. Nkanjye nagujije amafaranga ibihumbi 70 y’u Rwanda, nishyuraga arenga ibihumbi bitanu kucyumweru, ariko ubu ntabwo bigikunda kubera nta mikorere muri ibi bihe”.

Banki Nkuru yu Rwanda-BNR, mwitangazo yasohoye kuwa 21 Werurwe 2020 ishingiye ku ngamba nshya zari zafashwe na Guverinoma yu Rwanda mu rwego rwo kwirinda Coronavirus, ibi byifuzo by’aba baturage ntibyakomojweho, ariyo mpamvu Dr. Monique Nsanzabaganwa Guverineri wungirije wa BNR aherutse kugira icyo abibwiraho itangazamakuru.

Yagize ati “Byose biterwa n’ inguzanyo uko iba imeze, harimo icyo umuntu yayikoreshaga uburyo cyagizweho ingaruka n’iki cyorezo. Niyo mpamvu tuvuga ngo amabanki yumve ko afite ubwinyagamburiro cyane ko twafashe n’ingamba zo kubafasha mu bijyanye no kuba yagira amafaranga yakwitabaza kuri bamwe mu bakiriya bashobora kuba batishyura ku gihe. Ibyo byose twarabiganiriye ariko tubirekera banki n’umukiriya kugirango baganire mu buryo bwo kumworohereza”.

Uyu muyobozi, akomeza avuga ko banki iganiriye n’umukiriya ashobora kongererwa igihe cyo kwishyura, hashobora kubaho guhindurwa uko inguzanyo yishyurwaga, hashobora no kubaho kongerwa inguzanyo kugirango byibura umushinga uzamuke nibindi. Yibutsa kandi ko hari ibyahinduka bitewe n’ibiganiro bagiranye kuko n’amabanki yatangiye kubwira abakiriya bayo ko abafite ibibazo bashobora kuyagana. Akomeza asaba abakiriya kwegera banki bakorana nazo hakiri kare.

Mu Rwanda, kugeza kuri uyu wa 01 Mata 2020, habarurwaga abantu 82 bapimwe bagasangwamo Coronavirus. Imikorere henshi yarahagaze kuko ingamba zirimo “Guma murugo” zakumiriye benshi mu mirimo bakoraga.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga