• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
26/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
26/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
26/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu
26/10/25
Ibiceri 200 gusa byamuhesheje gutsindira asaga Miliyoni na magana atatu muri FORTEBET

#Kwibuka26: Ibihe turimo bidasanzwe ntabwo bishobora kutubuza inshingano yo kwibuka-Perezida Kagame

Umwanditsi
April 7, 2020

Mu ijambo ryo gutangiza icyumweru cy’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko nubwo Isi n’u Rwanda by’umwihariko byugarijwe n’icyorezo cya Korona Virus, ariko ko Kwibuka bitagomba guhagarara.

Perezida Kagame, avuga ko uburyo bwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bugoye muri uyu mwaka Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 26. Impamvu ikomeye, iraterwa n’ibihe bidasanzwe byazanywe n’icyorezo cya CoronaVirus cyahagaritse ubuzima muri rusange, kigatuma ibikorwa bihuriza hamwe abantu benshi bihagarikwa mu rwego rwo kukirinda.

Agira ati“ Uburyo bwo kwibuka uyu mwaka rero buragoye, kubarokotse n’imiryango yabo, no ku gihugu cyose kuko tudashobora kuba hamwe ngo buri umwe ahumurize undi. Ntabwo byoroshye, Abanyarwanda tumenyereye kuba turi hamwe mu bihe nk’ibi, tugafatanya, tugahuza imbaraga zacu twese”.

Agira kandi ati“ Ibi tubikora mu mihango ku rwego rw’Igihugu no mubindi bikorwa nk’urugendo rwo kwibuka n’ijoro ry’Icyunamo n’ibiganiro aho dutuye. Ariko ibi bihe turimo bidasanzwe ntibishobora kutubuza kuzuza inshingano yo kwibuka no guha icyubahiro abo twabuze, no gukomeza Abarokotse”. Akomeza avuga ko icyahindutse ari uburyo bw’ibikorwa gusa.

Perezida Kagame, avuga ko abanyarwanda bamenye akamaro ko gukorera hamwe bakubaka ejo hazaza habereye abanyarwanda bose, ko ubudatezuka n’umutima w’Impuhwe biranga Abanyarwanda bizakomeza kubafasha mu kunyura mu bibazo bishya bahura nabyo harimo n’ibyo muri iyi minsi.

Perezida Kagame, avuga ko abatuye kuri iy’Isi bose bahuriye kuri byinshi ku buryo ubuzima bwabo ari urusobe. Yizeza ko Abanyarwanda bazakomeza gutanga umusanzu wabo kugira ngo iy’Isi irusheho kuba nziza.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5897 Posts

Politiki

4148 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

84 Posts

Imikino

149 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga