• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
12/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubugizi bwa nabi bategeraga abantu mu nzira
12/07/25
Kamonyi-Nyarubaka: Murashishikazwa no gucuruza ariko twe dushishikajwe no kugira abaturage bafite ubuzima bwiza-Visi Meya Uzziel
12/07/25
Kamonyi-Karama: Icyo Gitifu w’umurenge avuga ku iyibwa rya Mudasobwa 67 mu kigo cy’Ishuri
12/07/25
Kamonyi-Ngamba: Harakekwa urupfu rw’Umugabo wishwe n’umugore we n’umwana yibyariye

Ruhango: Uwacitse ku icumu yatemaguriwe imyaka irimo urutoki n’imyumbati

Umwanditsi
April 7, 2020

Mu ijoro ryacyeye rishyira uwa 07 Mata 2020, mu Mudugudu wa Nyagasozi, Akagari ka Buhoro, Umurenge wa Ruhango ho mu Karere ka Ruhango, abantu bataramenyekana biraye mu myaka y’uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi barararika.

Imyaka yangijwe igizwe n’urutoki aho batemye insina 43, batemagura imyumbati ndetse bangiza Soya, byose by’uwitwa Nyiramporampoze Chantal mwene Mbaraga Merchior na Mukabenda Deborah.

Amakuru y’ubu bugome bwakorewe Nyiramporamboze Chantal, yemezwa na Meya Habarurema Valens w’Akarere ka Ruhango. Avuga ko ari amakuru bamenye ndetse bakirimo gukurikirana ngo bamenye neza imvano kandi n’uwaba yabigizemo uruhare akurikiranwe.

Meya Habarurema, abajijwe na intyoza.com iby’uyu muturage wacitse ku Icumu watemewe urutoki, yasubije ko amakuru ariyo ariko ko nta byinshi baramenya. Ati“ Turacyabikurikirana, ntabwo turamenya neza ibirenze ibyo ngibyo”.

Abajijwe niba mu busesenguzi nk’inzego z’ubuyobozi, ndetse n’ibyo baba bamaze kugeraho niba ibyabaye haba hari isano bifitanye n’ibihe byo Kwibuka ku nshuro ya 26 Jenoside yakorewe Abatutsi, Abanyarwanda binjiyemo, yagize ati“ Ntabwo turarangiza gukora Analysis( isesengura) ngo dufate umwanzuro, turacyabirimo n’ubu nibyo turimo kureba”.

Meya Habarurema Valens, yabwiye umunyamakuru ko nubwo nta muntu nyirizina urafatwa ngo abe yahamwa n’ibi bikorwa, ngo hari umuturanyi ukekwa bari basanzwe bafitanye amakimbirane. Gusa uyu nawe ngo ni ugukekwa kuko nta gihamya gikomeye mu gihe iperereza ryo rigikomeje. Avuga kandi ko iki aricyo gikorwa cya mbere kigaragaye mu karere kose ka Ruhango.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5832 Posts

Politiki

4083 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga