• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
18/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene
18/03/26
Kamonyi-Rugalika: Ibintu 5 Polisi yasabye abaturage kubizibukira burundu
18/03/26
Rugalika-Masaka: Nta Kangononwa ku kwishyura Mituweri ifatiye kuri Sisitemu Imibereho

Umugore warwaye CoronaVirus atwite, yabyariye aho akurikiranirwa

Umwanditsi
April 8, 2020

Mu mpera z’icyumweru gishize, Umugore urimo kwitabwaho n’abaganga mucyumba cy’akato yashyizwemo mu murwa mukuru Yaoundé wo mu gihugu cya Cameroun kubera yanduye CoronaVirus, yabyaye umwana w’Umukobwa, nta kibazo agize.

Umuganga wo muri ibi bitaro uyu mubyeyi yabyariyemo, yavuze ko uyu mubyeyi witwa Mariya w’imyaka 19 y’amavuko, yabyaye mu buryo busanzwe nta kibazo ahuye nacyo. Gusa, yahise atandukanywa n’uruhinjabrwe.

Mu gihe cyo kubyara, uyu mubyeyi unarwaye icyorezo cya CoronaVirus yari yashyizwe ku cyuma kimuha umwuka wo guhumeka wa “Oxygen” mu gihe yatangiraga kugira ibise.

Dr Yaneu Ngaha Bondja Junie, muganga w’indwara zo mu myanya myibarukiro y’abagore ku bitaro bikuru by’i Yaoundé, yabwiye BBC dukesha iyi nkuru ati: “Icyo twakoze ni ugutegura icyumba nuko abyarira ku gitanda cye ari kuri ‘oxygen'”.

Uyu mwana yavutse imburagihe, yavutse apima 2.1kg. Ubu ari kwitabwaho mu ishami ryita ku bana bavutse mu gihe nk’icyo. Ntabwo biramenyekana niba uru ruhinja rwaranduye coronavirus kuko ibizamini bye biracyapimwa, gusa ari kugaburirwa amashereka ya nyina.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5937 Posts

Politiki

4186 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1045 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga