• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/08/25
Kamonyi-Nyarubaka: Umusore wari Papa akaba na Mama w’Abavandimwe be yishwe atewe icyuma
19/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
19/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage
19/08/25
Kamonyi-Rugalika: Abasoje amasomo muri Gifts Rwanda bahawe igishoro kibafasha kwihangira umurimo

Kamonyi/Ngamba: Umugore witwa Ingabire Epiphanie avuga ko yabwiwe amagambo y’ingengabitekerezo ya Jenoside

Umwanditsi
April 13, 2020

Kuri uyu wa 13 Mata 2020 ku I saa tanu, mu Mudugudu wa Fukwe, Akagari ka Kabuga, Umurenge wa Ngamba ho mu Karere ka Kamonyi, umugore witwa Ingabire Epiphanie w’imyaka 22 y’amavuko, avuga ko yabwiwe amagambo arimo Ingengabitekerezo ya Jenoside n’uwitwa Uwizeyimana Camille w’imyaka 37 y’amavuko.

Uyu Ingabire Epiphanie ukomoka mu muryango warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yabwiye ubuyobozi ko amagambo yabwiwe na Uwizeyimana Camille yagiraga ati“ Nakwica nkuko twishe Abatutsi, kandi nguhaye iminsi itatu(3)”.

Avuga ko intandaro y’ibi byose ari uko yari abonye uyu Uwizeyimana Camille anyara iruhande rw’inzu ye akamubuza. Uyu ukekwaho kuvuga aya magambo yafashwe ku I saa kumi n’imwe ashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha-RIB rukorera kuri Sitasiyo ya Rukoma ari nayo ishinzwe uyu Murenge wa Ngamba.

Niyobuhungiro Obed, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngamba yabwiye intyoza.com ko mu kumenya aya makuru, bayabwiwe na polisi I Kigali aho abaturage bahamagara bashaka ubufasha cyangwa batabaza (Muri call center), icyo bakoze ni ukujya kureba uyu mugore no gufata ukekwa bakamushyikiriza Ubugenzacyaha kugira ngo bukore iperereza.

Gitifu Niyobuhungiro, avuga ko nta byinshi bazi kuri ibi byavuzwe, ko bizagaragazwa n”ubugenzacyaha mu iperereza. Avuga ko uyu ukekwaho kuvuga ayo magambo yabwiye ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko ibyo bamushinja atabizi, ko atabyemera.

Gitifu, avuga kandi ko nk’ubuyobozi icyo bakomeza gukora ari ugukangurira abaturage muri rusange kwirinda imvugo, amagambo n’ibindi bikorwa byose bikomeretsa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Asaba abaturage kubahiriza gahunda ya Guma murugo no gukora ibibubaka bikanubaka Igihugu, bakava mubidafite umumaro.

Murenzi Pacifique, Perezida w’Umuryango Ibuka mu karere ka kamonyi, avuga ko ibikorwa n’imvugo bisesereza Abarokotse Jenoside bidakwiye, ko biri mu bisubizi ubuzima bwabo ibubisi. Asaba buri wese kubakomeza no kubaba hafi muri ibi bihe biba bitoroshye, kuko ngo bigoye kumva abantu bamaze umwaka wose babanye mu mahoro ariko iminsi irindwi (7) y’icyunamo ikananira bamwe.

Murenzi, avuga ko nk’Umuryago IBUKA basanga, haba muri ibi bihe ndetse n’ibihe bisanzwe nta munyarwanda wagakwiye kurangwa n’amagambo cyangwa ibikorwa bibiba urwango, ko abantu bagakwiye gushyira imbere gahunda y’Ubumwe n’Ubwiyunge ndetse na Ndi Umunyarwanda kurusha ibindi byose, bagakora bakiteza imbere, bagateza Igihugu imbere n’imiryango yabo by’umwihariko.

Mu gihe cy’iyi minsi irindwi y’icyunamo, aho u Rwanda n’Isi yose bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aha mu karere ka Kamonyi habonetse ibikorwa bitandukanye bitandatu (6) kandi byakorewe mu mirenge itandukanye byibasiye Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Soma hano inkuru zijyaye n’iyi ku bikorwa n’amagambo byakorewe Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi hano i Kamonyi muri iki cyumweru:Kamonyi / kwibuka26: Abagizi banabi bibasiye ibikorwa by’uwarokotse Jenoside

Twibuke Twiyubaka

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5846 Posts

Politiki

4097 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1004 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga