• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
03/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
03/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
03/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga
03/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Nyanza: Umusore arakekwaho gutema se umubyara akoresheje ishoka

Umwanditsi
April 15, 2020

Mu mudugudu wa Kavumu B, Umurenge wa Rwabicuma ho mu karere ka Nyanza, ku mugoroba wo kuri uyu wa 14 Mata 2020, hari umusore w’imyaka 20 y’amavuko wafashwe akekwaho gutema Se umubyara. Yakoresheje ishoka aho ngo yamuzizaga amafaranga 700 y’u Rwanda.

Umusore witwa NTAWIGIRA Vincent w’imyaka 20 y’amavuko wari usanzwe ubana na se w’imyaka 38 y’amavuko biravugwa ko yamutemye akamukomeretsa mugahanga akoresheje ishoka. Intandaro ngo ni igitoki cyaguraga amafaranga 700 y’u Rwanda nk’uko Nzayisenga Ruth, Umukuru w’Umudugudu wa Kavumu B yabitangarije umunyamakuru wa intyoza.com

Yagize ati” Umwana ngo yagurishije igitoki na se maze ntiyamwishyura, ayamwishyuje se abanza kuyamwima, umuhungu nawe ahita arwana abantu barabakiza ariko umuhungu amera nk’ubitse umujinya nyuma afata ishoka ayikubita se mugahanga”.

Uyu mukuru w’Umudugudu, akomeza avuga ko bahise bashaka Vincent (uvugwaho gutema se) bafatanyije n’abaturage bamushyikiriza RIB Sitasiyo ya Nyagisozi.

Aya makuru kandi yemejwe n’umuvugizi w’urwego rw’ubugenzacyaha-RIB, Umuhoza Marie Michelle aho yabwiye umunyamakuru icyaha uyu Ntawigira Vincent akurikiranweho.

Ati” Vincent ubu tuvugana, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Nyagisozi, akurikiranweho ubwinjiracyaha bw’ubwicanyi bityo Iperereza ryatangiye”.

Kugeza ubu, uwo bivugwa ko yatemwe azira igitoki yaguze n’umwana we amafaranga 700 y’u Rwanda basanzwe babana, ari kwitabwaho n’abaganga aho yajyanwe ku kigondera buzima cya Nyarusange ahita yoherezwa ku bitaro bya Nyanza.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5827 Posts

Politiki

4078 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga