• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Nyabarongo ihuza umujyi wa Kigali na Kamonyi yuzuye ihuza umuhanda

Umwanditsi
May 7, 2020

Ahagana ku i saa moya z’ijoro ryo kuri uyu wa 07 Gicurasi 2020 nibwo uruzi rwa Nyabarongo hagati y’ahazwi nka Kamuhanda na Gitikinyoni yuzuye irenga inkombe zayo ku buryo bimwe mu bice by’uyu muhanda nta muntu wapfaga gutambuka kubera amazi. Polisi yahageze ku bw’umutekano, abantu n’ibinyabiziga bamaze igihe kigeze ku isaha bategereje kwambuka.

Igice cy’Umuhanda cyabanje kuzura cyane ni aho benshi bakunze kwita mu ikoni rya Karama, ni ku hice kegeranye n’ahantu hubatswe vuba Sitasiyo y’amashanyarazi, hafi kandi y’ahantu bakunda gutunganyiriza Konkasi n’umucanga useye mu mabuye ( ya mabuye imashini zimenagura), uretse aha kandi igice cyose uhereye hirya gato y’umuhanda uzamuka i Karama huzuye.

Uretse iki gice, urenze ikiraro werekeza Kamonyi ku gihande giherutse gukorwa ubwo bakizamuraga birinda ko hazongera kuzura nkuko byajyaga bikunda kugenda naho huzuye ku buryo umuhanda bimwe mu bice amazi yarenze agahura.

Kugeza ku i saa mbiri n’iminota 30 ubwo umunyamakuru wa intyoza.com yari ahavuye, Polisi yasabye ko abantu ndetse n’imodoka, ko baba baretse kwambuka mu rwego rwo kwirinda impanuka iyo ariyo yose. Imodoka ziva mu majyepfo zigana Kigali ziparitse Kamuhanda, iziva Kigali zambuka nazo kimwe n’abagenzi basabwe kuba bihanganiye kwambuka ku mpamvu z’umutekano.

Nyuma y’igihe kijya gushyika  ku isaha abantu n’ibinyabiziga baparitse ku buce byose haba ku ruhands rwa Kigali ndetse na Kamonyi, ubu ku i saa tatu n’igice nibwo imodoka zirekuwe ngo zambuke zerekeza Kigali, nta muntu uzi igihe bimara.

 

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga