• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
13/05/26
Ngamba-Kwibuka32: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barashima ko gusaba kwabo kumviswe nyuma y’imyaka 32
13/05/26
Kamonyi-Kwibuka32: Urugaga rw’Abikorera/PSF rwiyemeje kubakira abarokotse Jenoside batishoboye, inzu 4
13/05/26
Runda: Abanyerondo 270 barimo Abagore 13 bambitswe impuzankano(Uniform)nshya, basabwa kudakangwa n’Abanyabyaha
13/05/26
Mu itangazamakuru haracyarimo icyuho ku gukora inkuru ku ngengo y’Imari- Fulgence/FOJO

Kamonyi: Ijambo rya Meya ku kibazo cy’ikorwa ry’umuhanda Ruyenzi, Gihara, Nkoto

Umwanditsi
May 9, 2020

Umuyobozi w’Akarere ka kamonyi, Kayitesi Alice amara impungenge abakomeje kwibaza iby’ikorwa ry’umuhanda wa Ruyenzi, Gihara-Nkoto. Avuga ko ikorwa ryawo ritahagaze, ko ahubwo ryakomwe mu nkokora na gahunda ya Guma mu rugo. Uyu muhanda ngo nta cyawubangamira gukorwa, urakomeza nyuma y’ikomorerwa ry’ibikorwa bitandukanye .

Kayitesi Alice, aganira n’umunyamakuru wa intyoza.com ku kuba haba hari ikibazo gituma imirimo y’ikorwa ry’uyu muhanda idakorwa, yavuze ko nk’ubuyobozi bw’akarere nta kibazo na kimwe bafite ku ikorwa ryawo ndetse na Kampani ya China Road yawupatanye.

Avuga ko umuhanda utahagaze, ko icyabiteye ari uko ibikorwa byose byari byarahagaze bitewe na Gahunda ya Guma mu rugo, ariko ko ubu ubwo ibikorwa byakomorewe kandi n’ibi bikaba biri mu bigumba gukomeza, ngo nta kabuza, imirimo y’ikorwa ryawo irakomeza.

Meya Kayitesi, avuga ko nta kibazo kiri mu masezerano bagiranye n’uwapatanye uyu muhanda, ko ndetse imbaduko yari afite mu itangira yitambitswe n’ikibazo cy’icyorezo cya Covid-19 cyahise gitera. Avuga kandi ko nta handi hantu azi Kompanyi ya China Road ariyo yapatanye uyu muhanda yigeze inanirwa ibikorwa byayo, bityo ko nta n’impungenge ku ikorwa ry’ibi by’umuhanda.

Soma inkuru isa n’iyi hano:Kamonyi/Runda: Bwambere mu mateka, umuhanda wa Kaburimbo ugiye mu makaritsiye

Mu gihe twandikaga iyi nkuru, amakuru mashya ni uko hari abakozi b’iyi kampani batangiye ibikorwa byo gupima ahazagenda hayoborwa amazi( za ruhurura) mu rwego rwo kugira ngo umutekano w’umuhanda ubungabungwe, urindwe amazi yawangiza ahubwo ashakirwe inzira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5962 Posts

Politiki

4210 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1051 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga