• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Ingabo z’u Rwanda n’iz’u Burundi zarasanye zikoresheje imbunda mu kiyaga cya Rweru

Umwanditsi
May 10, 2020

Itangazo ryashyizwe ku rubuga rw’Ingabo z’u Rwanda(www.mod.gov.rw) kuri uyu wa 09 Gicurasi 2020, rivuga ko mu Kiyaga cya Rweru ahari umupaka wo mu mazi ugabanya ibihugu byombi, ingabo z’u Burundi zashotoye iz’u Rwanda habaho gukozanyaho, iz’i Burundi zisubizwa inyuma.

Iri tangazo ry’Ingabo z’u Rwanda rivuga ko intandaro y’uku kurasana yabaye abarobyi barenze urubibi rwo mu mazi bakavogera ubutaka bw’u Rwanda, basabwa n’ingabo z’u Rwanda gusubira inyuma bakanga kumva.

Abasirikare b’u Burundi baje bahuruye igihe ingabo z’u Rwanda zasabaga abarobyi bari mu mazi gusubirayo, zitangira kurasa ku basirikare b’u Rwanda nabo birwanaho babasubiza n’imbunda.

Muri iri tangazo, bavuga ko abasirikare b’u Burundi bahise basubira mu gihugu cyabo nyuma y’uku gukozanyaho kw’imbuna n’amasasu yavaga ku mpande zombi. Nta mubare runaka w’abaguye muri uku gukozangaho cg se inkomere zatangajwe muri iri tangazo.

Ingabo z’u Rwanda, zivuga ko uko gukozanyaho kwabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Gicurasi 2020. Zitangaza kandi ko urugabano cyangwa se umupaka uri muri aya mazi y’Ikiyaga cya Rweru ugabanya ibihugu byombi uboneka mu buryo bworoshye hifashishijwe ikoranabuhanga rya GPS.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga