• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kajugujugu za MONUSCO zatabaye inkomere 13 z’abasirikare ba Congo-FARDC

Umwanditsi
May 13, 2020

Abasirikare 13 b’Ingabo za Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bakomerekeye mu mirwano yabahuje n’agatsiko k’inyeshyamba zo mu mutwe wa CODECO muri teritwari ya Djugu, batwawe kuri uyu wa 12 Gicurasi 2020 n’indege ebyiri za Kajugujuru z’ingabo za MONUSCO, zabagejeje aho bitabwaho.

Uretse kuba aba basirikare 13 baratabawe n’izi Ngabo za MONUSCO zabakuye muri kariya gace ka Djugu, aho bageze batwawe mu maboko na bagenzi babo, imodoka z’ubutabazi ( Ambulances) enye z’izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye ni nazo zabavanye I Bunia aho Kajugujugu zabagejeje, bagezwa aho bagomba kuvurirwa.

Amakuru aturuka mu gisirikare nkuko Radio Okapi dukesha iyi nkuru ibivuga, aba basirikare 13 bakomerekeye mu mirwano yabaye ku Cyumweru tariki 10 Gicurasi 2020 ubwo bari mu ishyamba bagasakirana n’izi nyeshyamba za CODECO (Cooperative for the Development of Congo) aho ziba.

Ababasirikare 13 bakomeretse, bakuwe mu ishyamba na bagenzi babo n’amaguru babageza I dala, aho bashyizwe mu modoka yabagejeje Mongwalu.

Umuvugizi w’Ingabo za FARDC ziri Ituri, Lt Jules Ngongo ashimira ubufasha buhoraho bwa MONUSCO ku gisirikare cya Congo mu guhashya no kurangiza intambara z’imitwe y’inyeshyamba muri Ituri. Ashima kandi ubu bufasha, avuga ko bwatabaye ubuzima bw’abasirikare bakomerekeye mu mirwano n’inyeshyamba.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga