• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Nyanza: Ukekwaho ubujura yakubiswe n’irondo n’abaturage arapfa

Umwanditsi
May 14, 2020

Ni mu mudugudu wa Gatare, Akagali ka Nyamure, Umurenge wa Muyira ho mu karere ka Nyanza, ahavugwa umusore uri mukigero cy’imyaka 35 y’amavuko witwa Sebuhuturi bakunda kwita Kagofero, bikekwa ko yishwe n’inkoni yakubiswe n’irondo n’abaturage bamutesheje kwiba ihene mu ijoro ryo kuwa 13 Gicurasi 2020.

Intandaro y’urupfu rw’uyu musore, biravugwa ko yagiye kwiba ihene umukecuru witwa Nyirabukara Euphrasie, aho yaramaze gucukura inzu y’uwo mukecuru wabanagamo n’umwuzukuru we bagahita batabaza(umwana na nyirakuru) abaturage n’irondo baratabara, uwo bivugwa ko yari umujuru baramukubita kugeza apfuye nk’uko umwe mu baturage waganiriye n’umunyamakuru wa intyoza.com wari aho byabereye yabitangaje.

Yagize ati” Uwo musore yari yateye ahantu, acukura urugo agirango ashyikire aho ihene zari ziziritse asanga nyiri urugo aracyari maso avuza induru, twari hafi yaho turatabara (irondo n’abaturage) ashaka gucika niko gutangatanga impande zose bamuhurizaho baramukubita ashiramo umwuka”.

Aya makuru kandi yemejwe n’umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muyira, bwana Murenzi Valence ati” Hari uwafashwe ariho yiba, aho yibaga bavuza induru batabaza irondo n’abaturage baratabara, umujura arirukanka anashaka kubarwanya kuko yarafite umuhoro nyuma baramwica, yashizemo umwuka”.

Gitifu Murenzi, akomeza asaba abaturage ayobora kwirinda kwihanira, aho abasaba ko niba umuntu aketsweho amakosa bakwiye kumushyira inzego z’ibishinzwe (RIB) zikabikurikirana.

Ahavugwa ko hacukuwe na nyakwigendera.

Amakuru agera ku intyoza.com avuga ko uyu musore yarasanzwe azwiho ubujura, akaba akomoka mu kagali ka Butara, Umurenge wa Kigoma ho mu karere ka Nyanza. Gitifu Murenzi yabwiye umunyamakuru ko ubugenzacyaha-RIB burimo gukora iperereza.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga