• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
17/03/26
Kamonyi: Ntabwo tuje kuba abayobozi ba PSF, tuje kuba abakozi banyu-Ntiyamira Felix( aka Yadema)/PSF
17/03/26
Rugalika-Umunsi w’Umugore: Gifts Rwanda yaremeye Abagore iboroza Ihene
17/03/26
Kamonyi-Rugalika: Ibintu 5 Polisi yasabye abaturage kubizibukira burundu
17/03/26
Rugalika-Masaka: Nta Kangononwa ku kwishyura Mituweri ifatiye kuri Sisitemu Imibereho

Musanze: Gitifu w’Umurenge wa Cyuve, uw’Akagari ka Kabeza na ba DASSO 2 batawe muri yombi na RIB

Umwanditsi
May 15, 2020

Urwego rw’Ubugenzacyaha bw’u Rwanda-RIB, rwatangaje kuri uyu wa 14 Gicurasi 2020 ko bwataye muri yombi Sebashotsi Gasasira Jean Paul, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve ho mu karere ka Musanze, buta muri yombi kandi uwitwa Tuyisabimana Jean Leonidas, Gitifu w’Akagari ka Cyuve na ba DASSO, Nsabimana Anaclet na Abiyingoma Sylvain. Aba bose bakurikiranweho gukubira no gukomeretsa abaturage.

Amakuru ubugenzacyaha-RIB bwatanze buyanyujije kuri Twitter, ateye atya;

Amakuru agera ku intyoza.com, avuga ko nyirabayazana w’uku guhohotera abaturage ari ukuba ngo batari bambaye agapfukamunwa, bakazizwa kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

Mu mafoto (Video) yanyujijwe ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, yagaragazaga aba bayobozi bakurura mu buryo bugayitse aba baturage ku muhanda, bagera n’aho bahabakubitira inkoni bari bitwaje, imigeri ndetse n’inshyi mu matwi.

Ku mpande, humvikanaga amajwi y’abaturage bavuzaga akamo ngo barabishe n’andi magambo agaya ibi bikorwa kuko batari bishimiye iri hohoterwa nubwo byagaragaraga ko ntawe utabara.

Ikibabaje muri aya mashusho ni ubwinshi bw’abaturage bari bahuruye, barebera abantu bahohoterwa mu buryo buteye ubwoba ariko nta muntu washoboraga kubuza aba bayobozi gukora ibikorwa bibi kandi bigayitse barimo. Nubwo havugwa ba DASSO babiri bafashwe, muri iyi Video hagaragaramo batatu kandi uwagatatu nawe hari aho agaragara afasha bagenzi be mu guhohotera aba baturage.

Aya mafoto twayakuye muri video yafashwe igakwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5937 Posts

Politiki

4186 Posts

Ubuhinzi

152 Posts

Ubukungu

1045 Posts

Imyidagaduro

87 Posts

Imikino

156 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga