• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
15/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
15/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
15/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kabuga Félicien yasabiwe gukurwa mu Gihugu cy’u Bufaransa

Umwanditsi
May 20, 2020

Kuri uyu wa 20 Gicurasi 2020, ubwo umunyarwanda Kabuga Félicien uherutse gutabwa muri yombi I Paris mu Bufaransa yagezwaga imbere y’urukiko rw’ubujurire rwa Paris mu rugereko rwarwo rushinzwe kuburanisha ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyoko muntu, Ubushinjacyaha bw’urukiko rw’umuryango w’abibumbye bukurikirana ibyaha bwasabye urukiko ko ava mu Bufaransa akoherezwa muri gereza y’uru rukiko rwa ONU.

Bwana Kabuga Félicien, uregwa ibyaha bya Jenoside, uyu munsi yagejejwe mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa hafi y’aho yafatiwe, kugira ngo haburanwe ku kumwimurira ahandi.

Nibwo bwa mbere yari abonetse mu ruhame mu myaka irenga 20 ishize. Yari yicaye mu igare ry’abafite ubumuga, yambaye ipantaro ya ‘jeans‘, umupira wo kwifubika w’ubururu n’agapfukamunwa.

Bwana Kabuga, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yavuze gusa yemeza ko umwirondoro wasomwe ari uwe nk’uko bivugwa na Reuters.

Serge Brammertz umushinjacyaha w’urwego rwasigaye rurangiza imirimo yasizwe n’urukiko mpuzamahanga rwa Arusha yatangaje ko Kabuga yafashwe bisabwe n’uru rwego bityo ko ari rugomba kumufunga.

Kabuga w’imyaka 84 yafashwe kuwa gatandatu tariki 16 Gicurasi 2020 mu gitondo mu nzu ntoya yari acumbitsemo, abatuye hafi aho batangaje ko ari umusaza wabagaho mu ibanga, utavugishaga abantu kandi wari urwaye.

Abunganizi mu mategeko ba Kabuga, ejo basohoye itangazo rivuga ko batifuza ko hari ahandi yoherezwa. Biteganyijwe no mu iburanisha rya none bashimangira ibi. Uruhande rwa Kabuga rwasabye ko iri buranishwa ryimurwa.

Urukiko rwemeye ubusabe bw’uruhande rw’uregwa, ruvuga ko irindi buranisha rizaba tariki 27 z’uku kwezi kwa gatanu 2020.

Reuters ivuga ko Kabuga asohoka mu rukiko yazamuye akaboko afunze igipfunsi imbere ya benshi mu bo mu muryango we bari imbere y’urukiko.

Kabuga Félicien ashobora koherezwa i La Haye mu Buholandi mbere yo kujyanwa i Arusha muri Tanzania aho ruriya rwego ruburanishiriza imanza z’abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga