• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/02/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
16/02/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
16/02/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku
16/02/26
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)

Tanzania mu bihe by’amasengesho y’iminsi 3 yo gushima Imana kubwo kugabanuka kwa Covid-19

Umwanditsi
May 22, 2020

Kuri uyu wa 22 Gicurasi 2020, Abanyatanzaniya batangiye igihe cy’iminsi itatu yo gushimira Imana nyuma yaho Perezida John Bombe Magufuli atangarije ko ubwandu bwa Covid-19 bwagabanutse mu gihugu. Byasabwe na Perezida.

Perezida Magufuli, yashishikarije abaturage gukoresha iki gihe bagashimira Imana kubera ukuntu yarwanyije iki cyorezo. Avuga ko ibi ari ingenzi mu gufasha Tanzania kwirinda coronavirus.

Hashize hafi ibyumweru bitatu iki gihugu gihagaritse gutangaza amakuru mashya ya buri munsi ajyanye n’umubare w’abanduye. Byatumye hibazwa byinshi ku ishusho nyakuri y’uko iki cyorezo gihagaze muri iki gihugu.

Iyi ni indi nshuro Bwana Magufuli asabye abaturage ba Tanzania gusenga iminsi itatu, uhereye ku wa gatanu kugeza ku cyumweru. Kuri iyi nshuro, avuga ko ari uburyo bwo kwereka Imana ko bashima icyo yavuze ko ari igabanuka ry’umubare w’abanduye Covid-19 mu gihugu.

Abategetsi b’inzego z’ibanze, nk’urugero Paul Makonda, umukuru w’akerere k’umujyi wa Dar es Salaam, banasabye abantu ko ku cyumweru bazitabira igikorwa cyo kwishimira irangira rya coronavirus.

Iyo gahunda yo guhura, igaragara nk’irenga ku mabwiriza y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS/WHO) abuza kwegerana mu rwego rwo kwirinda kwiyongera k’ubwandu bwa coronavirus.

Muri iki cyumweru, Leta ya Tanzania yatangaje ko izongera gufungura amashuri amwe n’amwe ndetse ko n’ibikorwa by’imikino bigiye gusubukurwa.

Amakenga ku “Igabanuka” ry’ubwandu

Leta ya Tanzania, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yanatangaje ko guhera mu cyumweru gitaha izemerera abagenzi baturutse mu mahanga kwinjira mu gihugu. Depite Zitto Kabwe utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Tanzania, yanenze izo ngamba za Leta, avuga ko atari ukuri ko imibare ya Covid-19 iri kugabanuka mu gihugu.

Mu minsi micye ishize muri uku kwezi kwa gatanu, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zatangaje ko Leta ya Tanzania ahanini itangaza imibare iri hasi cyane y’ubwandu bwa coronavirus. Hashize hafi ibyumweru bitatu abategetsi ba Tanzania badatangaza imibare mishya y’ubwandu bwa coronavirus.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5931 Posts

Politiki

4180 Posts

Ubuhinzi

151 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga