• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
11/05/25
Kamonyi-Ngamba: Inkotanyi zakuye u Rwanda mu mwijima zizana Umucyo-Visi Meya Uzziel Niyongira
11/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
11/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
11/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira

Kamonyi: Ba DASSO batatu baravugwaho gusindira mu kazi ku biro by’Akarere

Umwanditsi
May 23, 2020

Abakozi batatu b’urwego rushinzwe kunganira akarere mu by’umutekano(DASSO), mu ijoro ry’uyu wa 22 Gicurasi 2020 bafashwe bakekwaho ubusinzi kandi bari mu kazi ku biro by’Akarere ka Kamonyi. Hari ingamba zafashwe n’ubuyobozi bw’Akarere nyuma y’iyi myitwarire butishimiye.

Ba DASSO batatu, bari mu mwenda w’Akazi ku biro by’akarere ka Kamonyi bafashwe banyoye inzoga, ndetse bakekwaho gusinda. Ibi ntabwo byashimishije ubuyobozi bw’Akarere buvuga ko babaye bashyizwe aho babuzwa ubwinyagamburiro kugira ngo ibyabo bikurikiranwe.

Kayitesi Alice, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yahamirije intyoza.com ko aya makuru ari impamo. Ati ” Nibyo hari abakozi b’Akarere 3 b’ urwego rwa Dasso bagaragaye bari mu kazi basinze. Barimo gukurikiranwa mu rwego rw’ imyitwarire yabo idahwitse bagaragaje”.

Meya Kayitesi, akomeza avuga ko aba ba DASSO bafite Komite ya discipline(ishinzwe imyitwarire), ari nayo ibakurikiranaho ibyaha n’amakosa baba bakoze, cyane cyane iyo byakorewe mu kazi.

Avuga ko ibihano bigenwa n’iyi Komite ishinzwe imyitwarire yabo, bakabihabwa n’Akarere ariko byabanje kunyura muri iyo Komite yabo nkuko biteganwa n’amabwiriza agenga uru rwego.

Nubwo intyoza.com ifite amakuru ko aba ba DASSO bahise bafatwa bagafungwa, siko ubuyobozi bubibona. Meya ati ” Ntabwo ari ukubafunga ahubwo ni aho baburijwe ubwinyagamburo nkuko bivugwa muri code of conduct( amategeko ngenga myitwarire), babaye bashyizwe rero ahateganyijwe”.

Nyuma y’iyi myitwarire idahwitse, yagaragaye ku bakozi bashinzwe umutekano (DASSO) ku biro by’Akarere kandi bari mu kazi, Meya Kayitesi arasaba bagenzi babo kugira imyitwarire myiza, kwirinda kwiyandarika mu businzi no kugira imyitwarire myiza ya kinyamwuga ihesha ishema urwego rwabo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5796 Posts

Politiki

4047 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga