• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
09/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
09/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
09/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
09/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Gatabazi JMV, nyuma yo gukurwa ku mwanya wa Guverineri yasabye imbabazi Perezida Kagame

Umwanditsi
May 26, 2020

“Ndasaba imbabazi ku cyo aricyo cyose naba naragutengushyeho”. Ni amwe mu magambo yo gusaba imbabazi k’uwari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney. Hari muri iki gitondo cya tariki 26 Gicurasi 2020, ubwo abinyujije kuri twitter yasabaga imbabazi Perezida Kagame. Ni nyuma y’uko mu ijoro rya cyeye, akuwe ku mwanya yari amazeho imyaka 2 n’amezi 9.

Gatabazi Jean marie Vianney, abinyujije kuri Twitter yanditse ashimira Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, Kagame Paul ku cyizere n’amahirwe yamuhaye akaba yari amaze imyaka ibiri n’amezi icyenda ari Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.

Yashimiye kandi muri rusanjye abaturage b’Intara y’Amajyaruguru, imikoranire itagira amakemwa bamugaragarije, hakaba hari ibyo bagezeho mu gihe bamaranye.

Gatabazi, mu butumwa bwe busaba imbabazi yanditse mu rurimi rw’icyongereza, ugenekereje mu Kinyarwanda, yagize ati “ Ndasaba imbabazi ku cyo aricyo cyose nabatengushyeho, Nyakubahwa Paul Kagame, na RPF-Inkotanyi, n’Abaturage b’u Rwanda, kandi ntegereje indi Paje y’Ubuzima bwanjye ngakomeza gukorera Igihugu mu mbaraga zanjye, kandi nzakunambaho, Nyakubahwa Perezida na RPF”.

Gatabazi Jean marie Vianney, yagizwe Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru mu mwaka wa 2017, ubwo yari akuwe mu Nteko ishinga amategeko. Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’intebe, mu ijoro ryo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2020 ryavugaga ko akuwe kuri uyu mwanya, we na Guverineri Emmanuel K. Gasana w’Intara y’Amajyepfo. Muri iri tangazo nta busobanuro bw’ibyo bazize, ariko hagaragaramo ko hari ibyo bakurikiranweho bagomba kubazwa.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga