• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Kamonyi: Haravugwa umubyeyi wihekuye, yica uwo yibyariye akoresheje Majagu

Umwanditsi
May 31, 2020

Mu Mudugudu wa Gahungeri, Akagari ka Gishyeshye, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka kamonyi, mu mugoroba wo kuwa 25 Gicurasi 2020 ahagana ku I saa moya, uwitwa Hakizimana Jean Claude w’imyaka 26 y’amavuko yakubiswe isuka ya Majagu mu mutwe bimuviramo urupfu. Nyina umubyara, umwinjira we hamwe n’undi mwana wabo muri uru rugo baravugwaho kuba ba nyirabayazana.

Amakuru agera ku intyoza.com aturuka mu baturage I Rukoma, bavuga ko intandaro ya byose ari ibijyanye n’imitungo bivugwa ko isahurwa ijyanwa ku mugabo w’umwinjira w’uyu mugore, bamwe mu bana batabishaka dore ko ngo afite abana batandukanye badahuje ba se.

Umwe muri aba baturage yagize ati“ Urebye, ikibazo gishingiye ku kuba uyu mugore ahohotera abana yabyaranye n’abagabo batari uwo bari kumwe, abatari ab’umugabo bari kumwe ntabwo babayeho neza. Hari nubwo yagiye gutera abana batabana mu nzu akura inzugi n’ibindi abizana aho abana n’umugabo we. Umva, harimo na mushiki w’uyu wapfuye bagoronzoye akaboko barakavuna”.

Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yemereye intyoza.com ko ibi byabaye, ko ndetse abakekwa bafashwe bagashyikirizwa inzego zibishinzwe.

Amakuru yandi agera ku intyoza.com ni ay’uko uburyo iki kibazo zimwe mu nzego zakagikurikiranye zakitwayemo bitabashimishije. Basaba ko hagira igikorwa, ubutabera bugatangwa, abakurikiranwa kuri uru rupfu bakabihanirwa, ariko kandi n’abana ngo bakagira uburenganzira bwabo nkuko amategeko abiteganya.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga