• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Kamonyi: Haravugwa umubyeyi wihekuye, yica uwo yibyariye akoresheje Majagu

Umwanditsi
May 31, 2020

Mu Mudugudu wa Gahungeri, Akagari ka Gishyeshye, Umurenge wa Rukoma ho mu Karere ka kamonyi, mu mugoroba wo kuwa 25 Gicurasi 2020 ahagana ku I saa moya, uwitwa Hakizimana Jean Claude w’imyaka 26 y’amavuko yakubiswe isuka ya Majagu mu mutwe bimuviramo urupfu. Nyina umubyara, umwinjira we hamwe n’undi mwana wabo muri uru rugo baravugwaho kuba ba nyirabayazana.

Amakuru agera ku intyoza.com aturuka mu baturage I Rukoma, bavuga ko intandaro ya byose ari ibijyanye n’imitungo bivugwa ko isahurwa ijyanwa ku mugabo w’umwinjira w’uyu mugore, bamwe mu bana batabishaka dore ko ngo afite abana batandukanye badahuje ba se.

Umwe muri aba baturage yagize ati“ Urebye, ikibazo gishingiye ku kuba uyu mugore ahohotera abana yabyaranye n’abagabo batari uwo bari kumwe, abatari ab’umugabo bari kumwe ntabwo babayeho neza. Hari nubwo yagiye gutera abana batabana mu nzu akura inzugi n’ibindi abizana aho abana n’umugabo we. Umva, harimo na mushiki w’uyu wapfuye bagoronzoye akaboko barakavuna”.

Nkurunziza Jean de Dieu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma yemereye intyoza.com ko ibi byabaye, ko ndetse abakekwa bafashwe bagashyikirizwa inzego zibishinzwe.

Amakuru yandi agera ku intyoza.com ni ay’uko uburyo iki kibazo zimwe mu nzego zakagikurikiranye zakitwayemo bitabashimishije. Basaba ko hagira igikorwa, ubutabera bugatangwa, abakurikiranwa kuri uru rupfu bakabihanirwa, ariko kandi n’abana ngo bakagira uburenganzira bwabo nkuko amategeko abiteganya.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga