• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
14/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
14/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
14/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Kamonyi: Miliyoni zisaga 500 mu kwesa umuhigo w’ibyumba by’amashuri n’ubwiherero

Umwanditsi
May 31, 2020

Meya kayitesi Alice, umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi ahamya ko mu gihe gisigaye kitageze ku kwezi, ibyumba by’amashuri n’ubwiherero bigomba kuba byuzuye kuko Miliyoni zisaga 500 zateguwe kubikora ziri mu kigega cy’Akarere. Kuzura kw’ibi bikorwa ngo niko kwesa uyu muhigo bafite 100%. Icyizere cyo kwesa uyu muhigo kiri mu mpera z’ukwezi kwa Kamena.

Meya kayitesi, yabwiye intyoza.com ko imirenge icyenda muri 12 igize Akarere ka Kamonyi irimo kubakwamo ibyumba by’amashuri 82 ndetse n’ubwiherero 96, byose bigomba kuba byuzuye bitarenze tariki 25 Kamena 2020.

EP Kayonza muri Kayanzi, hamwe mu bageze kure ibikorwa.

Meya Kayitesi, avuga ko gutoranya Imirenge igomba kubakwamo ibi byumba by’amashuri ndetse n’ubwiherero bagendeye ku hantu bikenewe kurusha ahandi. Agaciro kazagenda kuri iki gikorwa ni; Miliyoni magana atanu na Miromgo itatu n’ebyiri, ibihumbi magana atatu mirongo itanu na bitandatu n’amafaranga magana ane mirongo itandatu na tanu y’u Rwanda (532,356,465Frws), aya kandi ngo si ayo gusaba kuko arahari, ari naho hava icyizere cyo kuba ibi bikorwa byuzuye.Muganza

Muganza ya Runda naho bageze kure.

Umuyobozi w’Akarere, Kayitesi Alice ahamya ko mu gihe ibi byumba ndetse n’ubwiherero byaba byuzuye, umuhigo bahize baba bawesheje ku kigero cy’ijana ku ijana-100%.

EP Rwishwima Karama.

Ubwiherero nabwo bugeze kure bwubakwa.Imirenge irimo kubakwamo ibi bikorwa ni; Gacurabwenge, Runda, Rukoma, Ngamba, Kayenzi, Musambira, Nyamiyaga, Mugina na Karama. Mu gihe Rugalika, Kayumbu na Nyarubaka zitatoranijwe kubera impamvu yasobanuwe hejuru.

EP Uwimana ya Musambira.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga