• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
05/07/25
Kamonyi: Abanyarugalika bizihije umunsi wo Kwibohora bashimangira uruhare rwabo mu bikorwa by’iterambere
05/07/25
Kamonyi-Rukoma: Polisi ikomeje guhiga bukware Abahebyi mu bucukuzi bw’Amabuye y’agaciro
05/07/25
Kamonyi-Ubudaheranwa: Ubuyobozi bwa SACCO 12 bwaremeye Abarokotse Jenoside batishoboye
05/07/25
Kamonyi-Ngamba: Iminsi y’umujura yabagereyeho bafatwa bataragurisha Ingurube bishe bakayibaga

Imyigaragambyo/USA: Trump ati“Ngiye kohereza abasirikare ibihumbi n’ibihumbi bitwaje intwaro nyinshi”

Umwanditsi
June 2, 2020

Imyigaragambyo y’abashavujwe n’iyicwa ry’Umwirabura George Floyd, wishwe n’umupolisi w’Umuzungu rikomeje kuvugisha benshi amangambure. Perezida Donald Trump yakangishije abategetsi b’aho imyigaragambyo ibera ndetse n’abayikora ko niba bibananiye agiye kohereza Ingabo zikabirangiza. Umukuru w’inteko ishinga amategeko n’Umusenateri banenze imyifatire ya Perezida Trump, utuma ingabo gutatanya abigaragambya mu mahoro kugira ngo yifotoze.

Perezida Donald Trump wa Leta Zunzwe Ubumwe za Amerika, yakangishije kohereza abasirikare gusoza imyigaragambyo yatewe n’urupfu rw’umwirabura wapfiriye mu maboko ya polisi.

Trump, yavuze ko niba imijyi na za leta binaniwe guhagarika iyo myigaragambyo no “gukingira abahatuye“, ahagaba igisirikare “byihuse akabarangiriza ikibazo“.

Urupfu rwa George Floyd wari ufite imyaka 46 y’amavuko, wapfiriye mu mujyi wa Minneapolis ku itariki ya 25 Gicurasi 2020, rwateje uburakari bwinshi mu gihugu. Imijyi minini yashyizeho ibihe by’umukwabu mu gihe imyigaragambyo igeze ku munsi wayo wa karindwi.

Mu gihe Perezida Trump yavugiraga ijambo mu nyubako y’ibiro bye White House, polisi yatatanyije abigaragambirizaga ku mbuga iri hafi aho, ikoresheje imyuka iryana mu maso n’amasasu ya pulastike.

Nyuma y’ijambo rye, Perezida Trump yaje kunyura muri iyo mbuga yirukanwemo abigaragambyaga, yifotoreza kuri kiliziya yangijwe. Ibi, byatumye anengwa bikomeye n’abamushinje guhutaza abigaragambya mu mahoro ashaka gusa kubona akanya ko kwifotoza.

Ubuyobozi bw’umujyi wa New York bwategetse ko ubuzima buhagarara mu mujyi kugeza saa kumi n’imwe za mu gitondo zo kuri uyu wa kabiri. Hagati aho, ubuyobozi bw’umujyi wa Washington bwo bwongereyeho andi majoro abiri ku gihe cy’umukwabu muri uwo mujyi. Ariko byitezwe ko imyigaragambyo ikomeza.

Ni iki Perezida Trump yavugiye imbere y’ingoro akoreramo?

Ejo ku wa mbere tariki 01 Kamena 2020 ku mugoroba, Perezida Trump yavugiye ijambo mu busitani bwa Rose Garden bwo mu nyubako ya White House, ryumvikanyemo urusaku rw’abigaragambirizaga hafi aho bari barimo gutatanywa.

Uwigaragambya yahanganye n’abashinzwe umutekano hafi y’aho Perezida Trump yavugiraga ijambo.

Perezida Trump yavuze ko “Abanyamerika bose bababajwe, kandi mu kuri n’urupfu rubabaje rwa George Floyd ndetse bakajya mu myigaragambyo”. Ariko yavuze ko kumwibuka bitagomba “gutobwa n’abanyakavuyo b’abarakare”.

Yavuze ko ibikorwa by’ubusahuzi n’urugomo byabaye ku cyumweru mu murwa mukuru Washington “biteye isoni“, avuga ko agiye kongerera uwo mujyi ubushobozi bw’ubwirinzi.

Ati: “Ngiye kohereza ibihumbi n’ibihumbi by’abasirikare bitwaje intwaro nyinshi, abakora mu gisirikare n’abashinzwe umutekano ngo bahagarike imyigaragambyo, ubusahuzi no kwangiza ibintu“.

Umukuru w’inteko inshingamategeko Nancy Pelosi na senateri Chuck Schumer basohoye itangazo rya rusange bavuga ko abigaragambyaga mu mahoro batewe imyuka iryana mu maso “kugira ngo perezida akunde abashe kwifotoreza hanze ya kiliziya“.

Bwana Schumer yanditse kuri Twitter ati: “Uyu perezida azisuzuguza ukuhe kundi kurenze aha?” Yongeyeho ati: “Ibikorwa bye bihishura kamere ye nyirizina“.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5828 Posts

Politiki

4079 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

999 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga