Burundi: Ikirego cy’abatavugarumwe n’ubutegetsi cyatewe ishoti, Ndayishimiye Evariste yemezwa ko yatsinze amatora

Urukiko rurinda iremezo ry’itegeko Nshinga mu Burundi rwatesheje agaciro ikirego cy’abifuzaga ko amatora asubirwamo nyuma yo kuvuga ko bibwe amajwi. Kuri uyu wa 04 Kamena ni nabwo rwahise rwemeza bidasubirwaho ko Perezida w’u Burundi watowe ari Ndayishimiye Evariste.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu mu Burundi yabaye kuwa 20 Gicurasi 2020. Komisiyo y’Igihugu ishinzwe amatora muri iki Gihugu yari yatangaje ko Ndayishimiye Evariste wo mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi ariwe wayatsinze by’agateganyo n’amajwi 68,72%, mu gihe Agathon Rwasa wa CNL bari bahangaye yabonye amajwi 24,19%.

Na Mbere y’ibarura ry’amajwi, Agathon Rwasa n’ishyaka rye bavugaga ko aribo batsinze amatora, ko nihatangazwa ibinyuranye no gutsinda kwe aziyambaza ubutabera agasaba ko arenganurwa, ndetse urukiko mu burundi rutamurenganura akiyambaza izo ki rwego rw’Akarere.

Mu gihe Ndayishimiye Evariste atangajwe n’urukiko rurinda iremezo ry’itegeko nshinga mu Burundi, mu gihe kandi rutesheje agaciro ibyifuzwaga na Agathon Rwasa, byitezwe ko akomeza mu nkiko zo kurwego rw’Akarere nkuko yabitangaje cyangwa se akemera ugutsindwa kwe.

Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora mu Burundi, yatangaje ko abarundi 5,115,418 aribo bari biyandikishije ko bazatora, ariko abitabiriye itora ni 87% ( 4,450,413) byabo. Amatora yabaye mu byiciro bitatu aribyo; Amatora y’Umukuru w’Igihugu, ay’Abagize inteko ishinga Amategeko ndetse n’inzego z’Ibanze yose akaba yarahurijwe hamwe.

Uku niko abakandida bari bakurikiranye mu matora y’umukuru w’Igihugu n’amajwi bagize:

Evariste Ndayishimiye (CNDD-FDD): 68,72%

Agathon Rwasa (CNL): 24,19%

Gaston Sindimwo (Uprona): 1,64%

Domitien Ndayizeye (Kira Burundi): 0,57%

Léonce Ngendakumana (FRODEBU): 0,47%

Nahimana Dieudonné: 0,42%

Francis Rohero: 0,20%

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Umwanditsi

Learn More →