• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Urubanza rwa Nsabimana Callixte aka Maj. Sankara rurasubitswe

Umwanditsi
June 4, 2020

Mu rugereko rwihariye rw’urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga, iby’iterabwoba n’ibyaha byambukiranya I Mipaka ruri mu karere ka Nyanza, Intara y’Amajyepfo, mu gitondo cyo kuri uyu wa 04 Kamena 2020 hasubitswe urubanza ruregwamo Nsabimana Callixte aka Maj. Sankara kubera hari abatabonetse b’I Rusizi kandi bagomba kuregera indishyi.

Urubanza rwa Nsabimana Callixte (aka Maj. Sankara), rwaburanishwaga mu buryo bw’ikoranabuhanga rya Skype ryagombaga guhuza abari Mageragere aho Nsabimana afungiye, abari mu rukiko ndetse n’abaregera indishyi bari i Rusizi, mu rwego rwo kwirinda Covid-19.

Urukiko rutangaje ko rusubitse uru rubanza kubera ko abari i Rusizi ho mu Ntara y’Uburengerazuba bw’u Rwanda, bagombaga kuregera indishyi batengushwe n’ikoranabuhanga rya Skype. Uretse kuba batengushwe n’iri koranabuhanga, Abanyarusizi ntabwo bemerewe kurenga Akarere kabo kuko kashyizwe mukato kubera Covid-19.

Urukiko rwatangaje ko urubanza rwa Nsabimana Callixte aka Maj. Sankara ruzasubukurwa Tariki ya 08 Nyakanga 2020. Ni urubanza rwari rwitabiriwe n’abanyamakuru batandukanye barimo abakorera ibitangazamakuru byo mu Rwanda no mu mahanga.

Mu byaha Nsabimana Callixte aka Maj. Sankara akurikiranyweho birimo; iby’iterabwoba, kurema umutwe witwaje intwaro, ubwicanyi n’ibindi. Yahoze ari umuvugizi w’umutwe w’inyeshyamba za FLN zavugaga ko zirwanya Leta y’u Rwanda. Muri rusange, araregwa ibyaha bigera muri 17 byose bishingiye ku bitero ku Rwanda n’ibindi bikorwa by’izi nyeshyamba yari abereye umuvugizi.

Nshimiyimana Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga