• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Kamonyi: Umugabo arakekwaho kwica umuvandimwe abanje kumuboha amaguru n’amaboko

Umwanditsi
June 5, 2020

Mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Nkingo, Umurenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi, kuri uyu wa 05 Kamena 2020 ahagana ku I saa moya z’ijoro, haravugwa umugabo wishe umuvandimwe we muto aho ngo yamusanze mu nzu akamuzirika amaguru n’amaboko, agakoresha umuriro w’amashanyarazi mu kumwica.

Amakuru agera ku intyoza.com aturuka mu baturage ndetse akanemezwa n’umuyobozi w’Umurenge wa Gacurabwenge, ni uko Umugabo witwa Ndagijimana Guido w’imyaka 33 y’amavuko yishe umuvandimwe muto basangiye se. Uyu muvandimwe yitwa Ndayambaje Fidel w’imyaka 27 y’amavuko.

Nyirandayisabye Christine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacurabwenge ku murongo wa Terefone yahamirije umunyamakuru ko iby’uru rupfu ari impamo. Ati” Ni abavandimwe bicanye. Umwe ubanza ngo ari umusuderi, yacometse ibyuma murumuna we akupa umuriro, araza ngo amutwikisha umuriro niko bambwiye”.

Amakuru agera ku intyoza.com ni uko ngo uyu Ndagijimana Guido, yaciye mu ibati hejuru y’inzu, agasanga umuvandimwe we mu nzu, akamufata, akazirika amaguru n’amaboko agahambira kuri giriyaje (grillage) y’idirishya, agacomeka umuriro w’amashanyarazi ariwo ngo yamwicishije.

Intandaro y’ubu bwicanyi nk’uko abaturage babibwiye intyoza.com ngo ni uko uyu Nyakwigendera yakupye umuriro w’amashanyarazi yari ahuriyeho n’uyu muvandimwe we, ndetse ngo akaba yanamutemeye imboga.

Ndagijimana ukekwaho kwica uyu muvandimwe we, yahise afatwa n’abaturage nkuko Gitifu Nyirandayisabye abivuga, ashyikirizwa inzego z’umutekano mu gihe Nyakwigendera ubwo twandikaga iyi nkuru hari hategerejwe imodoka imujyana kubitaro bya Remera-Rukoma.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga