• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
19/12/25
Umuyobozi wa Polisi, IGP, CG Felix Namuhoranye ntiyumva uburyo Akarere gatwara imodoka yahembwe Umurenge
19/12/25
Kamonyi: Uburenganzira bw’Ufite Ubumuga ntabwo bureba Ubuyobozi gusa-Visi meya Uwiringira M Josee
19/12/25
Igishoro cy’Ibihumbi 450 cyahesheje Umunyamahirwe wa FORTEBET gutsindira hafi Miliyoni 2,5 y’u Rwanda
19/12/25
Kamonyi-Rugalika: Abadepite basabye Akarere kugira nibura Site imwe y’Imiturire y’icyitegererezo

Kamonyi: Umugabo arakekwaho kwica umuvandimwe abanje kumuboha amaguru n’amaboko

Umwanditsi
June 5, 2020

Mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Nkingo, Umurenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi, kuri uyu wa 05 Kamena 2020 ahagana ku I saa moya z’ijoro, haravugwa umugabo wishe umuvandimwe we muto aho ngo yamusanze mu nzu akamuzirika amaguru n’amaboko, agakoresha umuriro w’amashanyarazi mu kumwica.

Amakuru agera ku intyoza.com aturuka mu baturage ndetse akanemezwa n’umuyobozi w’Umurenge wa Gacurabwenge, ni uko Umugabo witwa Ndagijimana Guido w’imyaka 33 y’amavuko yishe umuvandimwe muto basangiye se. Uyu muvandimwe yitwa Ndayambaje Fidel w’imyaka 27 y’amavuko.

Nyirandayisabye Christine, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacurabwenge ku murongo wa Terefone yahamirije umunyamakuru ko iby’uru rupfu ari impamo. Ati” Ni abavandimwe bicanye. Umwe ubanza ngo ari umusuderi, yacometse ibyuma murumuna we akupa umuriro, araza ngo amutwikisha umuriro niko bambwiye”.

Amakuru agera ku intyoza.com ni uko ngo uyu Ndagijimana Guido, yaciye mu ibati hejuru y’inzu, agasanga umuvandimwe we mu nzu, akamufata, akazirika amaguru n’amaboko agahambira kuri giriyaje (grillage) y’idirishya, agacomeka umuriro w’amashanyarazi ariwo ngo yamwicishije.

Intandaro y’ubu bwicanyi nk’uko abaturage babibwiye intyoza.com ngo ni uko uyu Nyakwigendera yakupye umuriro w’amashanyarazi yari ahuriyeho n’uyu muvandimwe we, ndetse ngo akaba yanamutemeye imboga.

Ndagijimana ukekwaho kwica uyu muvandimwe we, yahise afatwa n’abaturage nkuko Gitifu Nyirandayisabye abivuga, ashyikirizwa inzego z’umutekano mu gihe Nyakwigendera ubwo twandikaga iyi nkuru hari hategerejwe imodoka imujyana kubitaro bya Remera-Rukoma.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5929 Posts

Politiki

4178 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

157 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga