• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
20/06/26
Kamonyi-EXPO: Abaturage barakangurirwa kugera ahabera Imurikabikorwa n’Imurikagurisha/EXPO
20/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
20/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
20/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi

Malawi: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yateshejwe agaciro, hatangajwe igihe azasubirirwamo

Umwanditsi
June 10, 2020

Nyuma y’aho urukiko rushinzwe kurinda iremezo ry’itegeko Nshinga mu Gihugu cya Malawi rutesheje agaciro amatora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba, kuri uyu wa 09 Kamena 2020, inteko ishinga amategeko yemeje ko andi matora azaba kuwa 23 Kamena 2020.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu cya Malawi yabaye umwaka ushize wa 2019 byemejwe ko yabayemo ubujura bukabije ndetse urukiko rurinda iremezo ry’Itegeko Nshinga rutesha agaciro ibyayavuyemo. Inteko ishinga Amategeko y’iki Gihugu yemeje kuri uyu wa kabiri ko ikiciro cya kabiri cyayo kizaba kuwa 23 Kamena 2020.

Ayo matora aheruka, ibyari byayavuyemo byahaga Perezida Peter Mutharika wari usanzwe ayobora iki Gihugu kongera kukiyobora kuri manda ye ya kabiri n’amajwi 38.5%.

Nyuma yo kwemeza ko hagiye kubaho ikiciro cya kabiri cy’aya matora, Komisiyo Nshyashya ishinzwe kuyategura yarahiye kuri uyu wa kabiri kugira ngo itegure ayandi matora, ni nyuma y’aho kandi Urukiko rurinda iremezo ry’itegeko Nshinga rutegekeye ko haba iperereza ku myitwarire ya Komisiyo yari ishinzwe amatora ya mbere.

Abamagana manda ya kabiri ya Perezida Peter Mutharika.

Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, ritangaza ko bibaye ubwa mbere ubutabera bwanga ibyavuye mu matora muri iki Gihugu cya Malawi kuva cyabona ubwigenge mu mwaka w’1964.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5985 Posts

Politiki

4232 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1058 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga