• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/08/25
Ireme ry’Uburezi si ikintu tubyuka mu gitondo ngo tuvuge ngo twarigezeho, ni urugendo-Dr. Flora Mutezigaju/REB
16/08/25
Kamonyi-GIMI Ltd: Bishimiye ibyo bagezeho bagaragaza uruhare bafite mu iterambere ry’Umuturage
16/08/25
Kamonyi-Rugalika: Abasoje amasomo muri Gifts Rwanda bahawe igishoro kibafasha kwihangira umurimo
16/08/25
Nyanza-Kibirizi: Polisi yataye muri yombi itsinda ry’Abagabo 8 bakekwaho ubugizi bwa nabi

Malawi: Amatora y’Umukuru w’Igihugu yateshejwe agaciro, hatangajwe igihe azasubirirwamo

Umwanditsi
June 10, 2020

Nyuma y’aho urukiko rushinzwe kurinda iremezo ry’itegeko Nshinga mu Gihugu cya Malawi rutesheje agaciro amatora y’Umukuru w’Igihugu aherutse kuba, kuri uyu wa 09 Kamena 2020, inteko ishinga amategeko yemeje ko andi matora azaba kuwa 23 Kamena 2020.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu cya Malawi yabaye umwaka ushize wa 2019 byemejwe ko yabayemo ubujura bukabije ndetse urukiko rurinda iremezo ry’Itegeko Nshinga rutesha agaciro ibyayavuyemo. Inteko ishinga Amategeko y’iki Gihugu yemeje kuri uyu wa kabiri ko ikiciro cya kabiri cyayo kizaba kuwa 23 Kamena 2020.

Ayo matora aheruka, ibyari byayavuyemo byahaga Perezida Peter Mutharika wari usanzwe ayobora iki Gihugu kongera kukiyobora kuri manda ye ya kabiri n’amajwi 38.5%.

Nyuma yo kwemeza ko hagiye kubaho ikiciro cya kabiri cy’aya matora, Komisiyo Nshyashya ishinzwe kuyategura yarahiye kuri uyu wa kabiri kugira ngo itegure ayandi matora, ni nyuma y’aho kandi Urukiko rurinda iremezo ry’itegeko Nshinga rutegekeye ko haba iperereza ku myitwarire ya Komisiyo yari ishinzwe amatora ya mbere.

Abamagana manda ya kabiri ya Perezida Peter Mutharika.

Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru, ritangaza ko bibaye ubwa mbere ubutabera bwanga ibyavuye mu matora muri iki Gihugu cya Malawi kuva cyabona ubwigenge mu mwaka w’1964.

intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5845 Posts

Politiki

4096 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1004 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga