• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/06/26
Ruhango: Urubyiruko rwasabwe kumenya amateka y’u Rwanda no kugira uruhare mu gukumira ibyaha
18/06/26
Kamonyi-Gacurabwenge: Umurambo w’umusaza w’imyaka 67 wasanzwe mu cyumba araramo
18/06/26
Kamonyi-Kwibuka32: Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro cyane ko nta wundi bafite ubibakorera-Guverineri Kayitesi
18/06/26
Amajyepfo: Polisi iragira iti“ Ntabe ari Njye urebera abakora ibinyuranyije n’Amategeko…, ibyaha”

Umugore wa Nyakwigendera Petero Nkurunziza yagarutse mu gihugu nyuma y’ibyumweru hafi 2

Umwanditsi
June 10, 2020

Denise Bucumi Nkurunziza, umugore wa Perezida Petero Nkurunziza witabye Imana kuri uyu wa Mbere Tariki 08 kamena 2020, yagarutse mu gihugu cy’u Burundi avuye mu bitaro i Nairobi muri Kenya aho yari amaze hafi ibyumweru bibiri arwaye indwara yakomeje kugirwa ibanga.

Umwe mu bakozi b’ibitaro yari arwariyemo, yemereye BBC dukesha iyi nkuru ko Madamu Nkurunziza yabivuyemo ejo kuwa kabiri tariki 09 Kamena 2020 ni mugoroba, akava mu gihugu atwawe n’indege ya kompanyi yigenga yamuzanye.

Uyu ntiyashimye gutangaza ibigendanye n’ubuzima bwe. Madamu Nkurunziza yajyanywe i Nairobi tariki 28 Gicurasi 2020 ashyirwa mu bitaro, nta makuru yatangajwe ku ndwara yari arwaye.

Mu mpera z’icyumweru gishize humvikanye ubutumwa bw’amajwi bivugwa ko ari ubwo yoherereje abasengana na we i Burundi, abamenyesha ko “amaze gutora mitende kubera ko bamusengeye“.

Muri ubwo butumwa ntavuga aho yari ari cyangwa indwara yari arwaye. Umunyamakuru ukorera mu Burundi yabwiye BBC ko yavuganye n’abegereye Madamu Nkurunziza bakamubwira ko yaraye ageze mu gihugu mu ijoro ryacyeye.

Ntiharamenyekana amakuru arambuye ajyanye no gusezera no gushyingura umukuru w’Igihugu cy’u Burundi watabarutse. Guverinoma y’u Burundi yatangaje icyunamo cy’iminsi irindwi uhereye ejo hashize kuwa kabiri ubwo hatangajwe iby’urupfu rwe.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5984 Posts

Politiki

4231 Posts

Ubuhinzi

154 Posts

Ubukungu

1057 Posts

Imyidagaduro

88 Posts

Imikino

158 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga