• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Koreya ya Ruguru yasabye Amerika gufunga umunwa niba ishaka ko amatora yayo atazagira kidobya

Umwanditsi
June 11, 2020

Mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitegura kwinjira mu matora y’Umukuru w’Igihugu, Abategetsi ba Koreya ya Ruguru batanze gasopo kuri iki gihugu cy’igihangange hakiri kare. Basabye ko niba gishaka ko ayo matora azagenda neza gifunga umunwa kikareka kwivanga mu bya Koreya zombi.

Umubano wa Koreya ya Ruguru n’iy’Epfo uragenda urushaho kuba nabi, abategetsi ba Koreya ya ruguru basohoye itangazo baburira Igihugu cya Amerika ko kidafunze umunwa ku bibazo bya Koreya zombi, izivanga mu matora y’Umukuru w’Igihugu ateganijwe mu kwezi k’Ugushyingo 2020.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Abategetsi ba Koreya ya ruguru batangaje ko bazakuraho uburyo bwose bw’ibiganiro hagati ya Koreya zombi. Amerika yahise igaragaza ko itishimiye iki cyemezo cyo gukuraho ibiganiro. Amerika gutangaza ko itishimiye icyemezo cya Koreya ya ruguru bifatwa nko kwivanga bitemewe.

Mu kwihimura, nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribivuga, Koreya ya ruguru yabwiye Amerika ko ishobora kuzabona ikintu gisharira cyangwa se cyorosora umusatsi ku mutwe gishobora kuzahungabanya itora ry’Umukuru w’Iki gihugu.

Mu gihe Koreya ya ruguru ikangisha Amerika ko izayikorera ikintu gikomeye mu matora, Perezida Donald Trump utajya aripfana, yaburiye Koreya ya ruguru kutazahirahira igira igikorwa na kimwe cy’ubushotoranyi ikora mu gihe cy’amatora y’iki gihugu gifatwa nk’Igihangange ku isi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga