• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside
01/07/25
Kamonyi-Kwibuka31: OLYMPIC FCA yatsinze FAPA(Abakanyujijeho mu MAVUBI) itwara irushanwa

Kudohorerwa gusubira mukazi ntibigomba kuba intandaro y’ikwirakwizwa ry’indwara-Min Ngamije

Umwanditsi
June 13, 2020

Dr Ngamije Daniel, Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda asaba buri wese kubahiriza amabwiriza yashyizweho mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus. Avuga ko kuba abantu baradohorewe bagasubira mukazi, bidakwiye ko bica amabwiriza abafasha kwirinda iki cyorezo ngo usange baragikwirakwiza.

Minisititi w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel avuga ko amabwiriza yose Leta yashyizeho agamije gufasha buri wese mu gukumira no kurwanya icyorezo cya Covid-19, ko buri wese asabwa kuyubahiriza no kuyashyira mubikorwa. Ashima abayubahiriza akagaya abayarengaho.

Mu kiganiro na RBA, Minisitiri Ngamije avuga ko kuva ingendo zakomorerwa hagati y’Umujyi wa Kigali n’utundi turere, ingamba ngo zirubahirizwa cyane cyane mubijyanye no kwambara udupfukamunwa nubwo ngo zidashyirwa mu bikorwa na bose nkuko babishishikarizwa.

Agira ati“ Hari abo usanga batannye batari kwambara neza agapfukamunwa, hari abadahana intera, icyo nacyo ni ikibazo gikomeye cyane cyane mu masaha ya nimugoroba, usanga abantu bagenda mu buryo bucucitse bitari ngombwa, kandi duhora tubyamagana ko abantu bakwiriye guhana intera”.

Yakomeje yamagana cyane bamwe mubamotari, aho kugira ngo usange bafite wa muti umuntu agomba gukaraba( hand Sanitizer), hari ngo abashyiramo igisa n’amazi. Avuga ko ibyo ari amakosa kuko ibyo bakora ngo atariko babitojwe mbere y’uko imirimo yabo isubukurwa. Avuga ko ari ukurengera kubyumvikanweho, ko kandi abazabifatirwamo bazabihanirwa.

Minisitiri w’Ubuzima, asaba ndetse akanibutsa buri wese gushyira mugaciro akirinda ndetse akarinda abandi iki cyorezo. Agira ati“ Niba baradohorewe kugira ngo basubire mukazi, ntabwo bigomba kuba intandaro yo gutuma habaho ikwirakwizwa ry’iyi ndwara”. Akomeza avuga ko Minisiteri y’Ubuzima n’izindi nzego nka Polisi na RURA barimo kubikurikirana.

Abaturage bose basabwa kwambara agapfukamunwa kandi neza, guhera kumazuru no gupfuka umunwa neza, gukaraba amazi meza n’isabune cyangwa se n’umuti wabugenewe(Hand Sanitiser), guhana intera no kwirinda gukora ibibujijwe byose hagamijwe kwirinda iki cyorezo.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5823 Posts

Politiki

4074 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga