• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
01/07/25
Kamonyi: Ba Rushingwangerero bagabiye Inka uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi
01/07/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Inzu mberabyombi y’asaga Miliyoni 73 ibahesheje ishema n’igikombe
01/07/25
Kamonyi: Ingengo y’Imari y’Akarere yiyongereyeho 1,60%
01/07/25
Eugene Murangwa wakiniye Rayon Sports yavuze uko Siporo yabaye impamvu ikomeye yo kurokoka Jenoside

Rusizi/Coronavirus: Umurenge wa Nkombo wiyongereye kuyindi iri mukato ka Covid-19

Umwanditsi
June 13, 2020

Kamembe, Mururu na Nyakarenzo, ni imirenge itatu muri 18 igize akarere ka Rusizi yari yarashyizwe ku ikubitiro mukato nyuma nyuma y’icyorezo cya Covid-19 cyari cyagaragaye ko kirimo kuhazamuka mu buryo budasanzwe. Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa 12 Kamena 2020 yatangaje ko Umurenge wa Nkombo nawo washyizwe mu kato.

Dr Ngamije Daniel, Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda mu kiganiro na RBA yavuze ko ishyirwa mu kato ry’Umurenge wa Nkombo ryatewe n’uko byagaragaye ko kariya gace karimo ikwirakwizwa ry’iki cyorezo cya Covid-19.

Yagize ati“ Hiyongereyemo Umurenge wa Nkombo kubera ko byaje kugaragara ko hariya hantu naho harimo ikwirakwiza ry’iriya ndwara, cyane cyane ku bantu bakora ubucuruzi bwa magendu bajya muri Congo mu buryo butanyuze mu mategeko”.

Akomeza ati“ Bafata amato matoya bakagenda bihishe, bakagenda rero bakagaruka ntagukurikiza amabwiriza ayo ariyo yose. Igihe byamenyekaniye byabaye ngombwa ko tuhasuzuma abantu bakekwaho buriya burwayi hanyuma bituma dufata icyemezo cyo kubashyira mu muhezo nabo, mukato reka tubyite gutyo kugira ngo batagumya guhahirana n’indi mirenge igize akarere ka Rusizi ariko no muturari tugize uwo murenge wa Nkombo naho twabujije urujya n’uruza kugira ngo abake banduye batagumya gukwirakwiza iriya ndwara”.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije avuga ko kuva hafatwa icyemezo cyo gushyira mu kato Akarere ka Rusizi by’umwihariko muri iriya Mirenge yavuzwe, hari umusaruro byatanze. Kuva icyorezo cyagaragara muri Rusizi hagaragaye abarwayi 89 ba Covid-19. Iyo ingamba zidafatwa ngo haba habarurwa umubare munini kurusha uhari.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5824 Posts

Politiki

4075 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

998 Posts

Imyidagaduro

80 Posts

Imikino

141 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga