• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
14/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
14/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
14/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Icyuka cy’intambara kiratutumba hagati ya Koreya ya Ruguru n’iy’Epfo

Umwanditsi
June 17, 2020

Koreya ya Ruguru yatangaje ko igiye kohereza abasilikare ku mipaka iyihuza na Koreya y’Epfo. Ibiro by’umugaba mukuru w’ingabo za Koreya ya ruguru bivuga ko abasilikare babo bagomba kwigarurira ahantu habiri: ikigo kinini cyane cy’inganda cya Kaesong n’ahubatse amahoteli ku cyitwa “Umusozi wa Diyama”.

Aha hantu hombi hubakishijwe amafaranga ya Koreya y’Epfo ku mupaka ku butaka bwa Koreya ya Ruguru, ariko ibihugu byombi byarahakoreraga. Hamaze igihe hafunze kubera amakimbirane ari hagati y’ibihugu byombi.

Usibye kwigarurira aha hantu habiri, Koreya ya Ruguru ivuga ko igiye kubaka ibirindiro by’abazamu bihoraho no kongera gukoresha imyitozo ikomeye ya gisilikali ku mipaka, irimo na za misile.

Koreya y’Epfo yasubije ko Koreya ya Ruguru igomba kwikorera ingaruka z’ibikorwa byayo, ivuga ko igisilikali cyayo kiteguye bihagije. Ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko Perezida wa Koreya y’Epfo, Moon Jae-in, yashatse kohereza i Pyongyang intumwa zo mu rwego rwo hejuru, ariko Koreya ya Ruguru yabyanze.

Koreya zombi zarwanye intambara ikaze cyane kuva mu 1950 kugera mu 1953. Usibye amasezerano yo guhagarika imirwano, nta masezerano yo guhagarika intambara burundu bigeze bageraho kugera n’ubu. Bivuze ko bakiri mu ntambara.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga