• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Ushobora kuzuza ibisabwa ngo urusengero rwawe ruve mu kato ariko ntugakurwemo-Min Ngamije

Umwanditsi
June 18, 2020

Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr Ngamije Daniel, avuga ko nubwo mu minsi 15 insengero n’amadini bishobora gukomorerwa nkuko byanzuwe n’Inama y’Abaminisitiri yo kuri uyu wa 16 Kamena 2020, ariko ngo bikazaterwa n’ibizaba bivuye mu isesengura ku cyorezo cya Covd-19, avuga ko binashoboka ko hari ahatazafungurwa bitewe n’impamvu zirimo izakururwa n’iki cyorezo.

Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro kuri uyu wa 16 Kamena 2020 ikayoborwa na Perezida Kagame, yemeje ko mu minsi 15 uhereye igihe iyi myanzuro yatangarijwe, hashobora kubaho ikomorerwa ry’insengero n’amadini, abayoboke bayo bakongera guterana. Ibi ngo hari aho bishobora gukomwa mu nkokora n’ibibazo byakururwa n’iki cyorezo cya Covid-19.

Minisitiri Ngamije, avuga ko mu minsi ishize hari ibiganiro byagiye bihuza Minisiteri y’Ubuzima, iy’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ikigo cy’Igihugu cy’imiyoborere-RGB ndetse n’abahagarariye amatorero n’amadini atandukanye kubyo basabwa kuzuza mu gihe bitegura gukomorerwa kongera kwinjira mu nsengero bo n’abayoboke babo.

Nubwo inama y’Abaminisitiri yanzuye ko mu minsi 15 hashobora kubaho gukomorerwa, ibi ngo hari aho bitazashoboka nkuko Minisitiri Ngamije yabitangarije RBA, ati “ Hazabaho amatsinda asanzwe asura insengero areba niba ibisabwa byose babyujuje, kubazaba babyujuje bakaba bakomorerwa, ariko na none hakurikijwe icyo isesengura Minisiteri y’Ubuzima izaba yakoze kubijyanye n’uko icyorezo cyacu kizaba gihagaze muri iyo minsi”.

Akomeza ati“ Kuko niba ibintu bitameze neza kubijyanye n’iki cyorezo nkuko bimeze mu karere ka Rusizi, aho byaba bimeze gutyo, ntabwo aho hantu nubwo baba bamaze kuzuza ibyangombwa byose bijyanye no kwitegura; Kandagira ukarabe, imiti isukura intoki yabugenewe, n’ibindi byose dusaba, kugaragaza uko bazicara mu nsengero harimo intera hagati y’abakirisitu baje gusenga cyangwa se n’abatari abakirisitu ariko basenga muyandi madini nk’Abayisilamu tuvuge, ibyo byose nubwo baba babyujije ariko muri ako karere hari ikibazo cy’icyorezo ntabwo isesengura rizatuma bafungura”.

Mu Rwanda, kuva ku muntu wa mbere wagaragawemo iki cyorezo cya Covid-19 ubwo hari tariki 14 Werurwe 2020, kugeza kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Kamena 2020 habarurwa abantu 639 banduye iki cyorezo, hakaba kandi abantu 2 cyahitanye. Umugabane wa Afurika, kugera kuri uyu wa Gatatu habarurwaga abantu 260,073 mu gihe cyahitanye 7,036 nkuko bitangazwa n’ikigo nyafurika kirwanya indwara.

Uyu mubumbe witwa Isi dutuye, abamaze kwandura iki cyorezo bari muri Miliyoni umunani n’ibihumbi magana ane, mu gihe abo kimaze guhitana babarirwa mu bihumbi magana ane mirongo itanu na kimwe naho abatangajwe ko bagikize bakabarirwa muri Miliyoni enye n’ibihumbi magana ane kuva cyakwaduka ku Isi gihereye mu Bushinwa mu mpera z’umwaka wa 2019.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga