• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/02/26
Kamonyi-Urukiko: Umukozi w’Akarere ushinzwe Amakoperative yavuzwe mu Gushimuta no Gufungisha Umuturage
16/02/26
Kamonyi: ½ cy’Abasoje Amasomo muri AFRICA FOOD SUPPLY bemerewe akazi
16/02/26
Kamonyi-Ngamba: Machine (Laptop) yabaye igitambo cya Gitifu watewe n’Abagizi ba nabiku
16/02/26
Kamonyi-Mugina: Guhabwa inguzanyo ya VUP bisaba icya 10 (1/10) mu zibanze( Gushingamo Umuheha)

Umukinnyi wa mbere ku Isi muri Tennis Novak Djokovic bamusanganye Covid-19

Umwanditsi
June 23, 2020

Novak Djokovic umukinnyi uza ku mwanya wa mbere mu bakina Tennis ku isi yabaye undi mukinnyi w’uyu mukino basanzemo icyorezo cya coronavirus. Ni nyuma y’uko abandi bakinnyi Grigor Dimitrov, Borna Coric na Viktor Troicki nabo bakina Tennis bemeje ko babasanzemo iki cyorezo.

Djokovic w’imyaka 33 y’amavuko, aheruka gukina na mugenzi we Viktor Troicki nawe ukomoka muri Serbia, mu mikino yabereye i Belgrade. Ku rubuga rwa Novak Djokovic hashyizwe itangazo rivuga ko “nta bimenyetso by’iyi ndwara afite“.

Bikekwa ko Djokovic yanduriye mu mikino ya Tennis na Basketball yari imaze iminsi ibera i Belgrade. Amashusho yo kuri iyi mikino yo kuwa gatanu ushize yerekana abakinnyi barimo na Djokovic bakina kandi na Basketball.

Bamwe muri aba bakinnyi nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, ivuga ko ubu batangaje ko bagiye kujya mu kato iminsi 14, nubwo harimo abo bapimye bagasanga badafite Covid-19.

Amarushanwa ya Tennis ku rwego rw’isi biteganyijwe ko atangira tariki 14 z’ukwezi kwa munani 2020.

Irushanwa rya US Open rizatangira tariki 31 z’ukwezi kwa cyenda 2020 ariko nta bafana bari ku bibuga, gusa hari abakinnyi bagaragaje impungenge zo kujya i New York.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5931 Posts

Politiki

4180 Posts

Ubuhinzi

151 Posts

Ubukungu

1041 Posts

Imyidagaduro

86 Posts

Imikino

155 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga