• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
14/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
14/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
14/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi
14/09/25
Gisagara: Umuyobozi w’Ikigo cy’Ishuri yatawe muri yombi azira ibiryo by’abana

Koreya ya Ruguru yisubiyeho ku cyemezo cyo kohereza ingabo zayo ku mupaka uyihuza n’iy’Epfo

Umwanditsi
June 25, 2020

Umuyobozi w’ikirenga wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un, yahagaritse umugambi wo kohereza abasilikali b’iguhugu cye ku mupaka ubahuza na Koreya y’Epfo.

Ikigo ntaramakuru cya Leta ya Koreya ya Ruguru, KCNA, gitangaza ko iki cyemezo cyafatiwe mu nama ya komisiyo ya gisilikali y’ishyaka riri ku butegetsi yari iyobowe na Kim Jong Un ejo kuwa kabiri ku ikoranabuhanga rya video conference.

Uretse icyemezo cyo kutohereza ingabo ku mupaka, igisilikali cya Koreya ya Ruguru cyatangiye kumanura imizindaro mini cyane y’indangururamajwi cyari cyarashyize ku mupaka na Koreya y’Epfo. Koreya ya Ruguru yayikoreshaga mu icengezamatwara ryayo muri Koreya y’Epfo.

Naho minisiteri ya Koreya y’Epfo ishinzwe guhuza Koreya zombi yatangaje ko Koreya ya Ruguru yakuye inyandiko ku mbuga nkoranyambaga inyuzaho icengezamatwara ryayo rigenewe Koreya y’Epfo.

Koreya ya Ruguru nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza, ntiyasobanuye impamvu yafashe ibi byemezo. Mu cyumweru gishize ni bwo yari yatangaje ko itegura kohereza abasilikali ku mupaka.

Soma hano inkuru bijyanye : Icyuka cy’intambara kiratutumba hagati ya Koreya ya Ruguru n’iy’Epfo

Kuri uyu wa Kane tariki 25 Kamena 2020, ibihugu byombi biribuka imyaka 70 ishize birwanye. Koreya zombi zarwanye intambara ikaze cyane yahitanye abantu barenga miliyoni eshatu, abenshi b’abasivili, kuva mu 1950 kugera mu 1953. Usibye amasezerano yo guhagarika imirwano, nta masezerano yo guhagarika intambara burundu bigeze bageraho kugera n’ubu. Bivuze ko bakiri mu ntambara.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5863 Posts

Politiki

4114 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1008 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

142 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga