• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
15/06/25
Kamonyi-Bishenyi: Imurikabikorwa n’Imurikagurisha rihaye umukoro ubuyobozi bw’Akarere
15/06/25
Burera: ECD Burera ADEPE for Enhancing Child Safety and Family Economy
15/06/25
Kamonyi-Kwibuka31: Ikipe y’Abakanyujijeho mu Mavubi(FAPA) yageze ku mukino wa nyuma itsinze Arsenal Forever
15/06/25
Kamonyi-Rugalika: Polisi yataye muri yombi abakekwaho ubujura bwo gutegera abantu mu nzira no gutobora inzu

Abazindukiye mu myigaragambyo muri Ethiopia bashinja Leta urupfu rw’umuhanzi wari ukunzwe

Umwanditsi
June 30, 2020

Hachalu Hundessa, umwe mu bahanzi bakunzwe cyane mu gihugucya Ethiopia, yaraye yishwe arashwe kuri uyu wa 29 Kamena 2020. Iyicwa rye, ryatumye mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri mu murwa mukuru Addis Ababa hazindukira imyigaragambyo. Abayitabiriye, bashinja Leta iby’uru rupfu. Kuva imyigaragambyo itangiye internet yakuweho mu gihugu.

Uyu nyakwigendera Hundessa, asanzwe ari n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu. Nyuma yo kuraswa yajyanywe ku bitaro ariko biba iby’ubusa apfa azize ibikomere by’amasasu.

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed, yihanganishije umuryango wa Hundessa, avuga ko yari umuhanzi “w’igitangaza“.

Umuhanzi Hachalu Hundessa yishwe arashwe.

Hundessa w’imyaka 34 y’amavuko, yari impirimbanyi y’ubwisanzure n’uburenganzira bw’abo mu bwoko bwe bw’aba Oromo. Mu myigaragambyo yo mu bihe bishize nibwo yamamaye kubera indirimbo ze zirimo ubutumwa bw’impirimbayi.

Mu gitondo uyu munsi ku wa kabiri tariki 30 Kamena2020, abantu benshi bavuye mu bice bitandukanye bagana rwagati mu murwa mukuru Addis Ababa no ku bitaro bya St Paul aho yajyanywe, kwigaragambya bamagana iyicwa ry’uyu muhanzi. Polisi yakoresheje imyuka iryana mu maso mu gutatanya aba bantu.

Mu biganiro yaherukaga gutanga mu itangazamakuru, nkuko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, uyu muhanzi yavuze ko yabwiwe kenshi ko azicwa ndetse hari ubwo yarokotse igikorwa cyo kumwica.

Internet yahise ifungwa mu gihugu kuva ibi byo kwigaragambya bitangiye muri iki gitondo nk’uko umunyamakuru wa BBC uriyo abivuga. Abigaragambya barashinja Leta uruhare mu kwica uyu muhanzi.

Polisi yataye muri yombi abantu benshi bakekwaho kwica Bwana Hundessa. Ubwoko bwa Oromo ni bwo bwa ba nyamwinshi muri Ethiopia. Bumaze igihe bwinubira gukumirwa muri Politike no mu bukungu.

Imyigaragambyo mu murwa mukuru Addis Ababa kubera iyicwa rya Hundessa.

Kuva mu mwaka wa 2016, Ethiopia yugarijwe n’amakimbirane n’urugomo bishingiye ku moko y’abatuye iki gihugu, ibintu byokeje igitutu Leta.

Urugaga ruri ku butegetsi rwageze aho mu 2018 rusimbuza uwari Minisitiri w’intebe Hailemariam Desalegn, rumusimbuza Bwana Abiy, ukomoka mu bwoko bw’aba Oromo.

Kuva yagera ku butegetsi, Bwana Abiy yazanye impinduka zahinduye iyi leta yahoze ifatwa nk’irimo ikandamiza rikomeye.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5816 Posts

Politiki

4067 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

996 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

139 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga