• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Abanyasudani bubuye imyigaragambyo yo kwamagana ubutegetsi bw’Igisirikare

Umwanditsi
July 1, 2020

Abaturage mu gihugu cya Sudani kuri uyu wa 30 Kamena 2020 bagiye mu myigaragambyo mu mihanda babarirwa mu bihumbi. Baravuga ko bamagana ubutegetsi bw’Igisirikare, bakaba bashaka gutegekwa n’Abasivile. Bashinja igisirikare ubundi cyafashe ubutegetsi mu gihe cy’inzibacyuho kutarekura ubutegetsi ngo buhabwe abasivili.

Muri Sudani, abantu ibihumbi n’ibihumbi baraye bakoze imyigarambyo mu murwa mukuru Khartoum, no mu yindi mijyi itandukanye nka Omdurman, kugera no muri Darfur mu burengerezuba bw’igihugu, batitaye ku mabwiriza ya guma mu rugo kubera icyorezo cya virusi ya Corona.
Abigaragambya, bafite amabendera y’igihugu, baririmbaga cyane cyane ngo “ukwishyira kwizana, amahoro, ubutabera” nko muri revolisiyo ya rubanda yahiritse Perezida Omar al-Bashir mu mwaka ushize wa 2019. Muri make, barasaba ko igihugu kiyoborwa n’abasivili kurusha uko bimeze muri iki gihe.
Kuri ubu butegetsi abigaragambya bavuga ko ari ubw’Abasilikali, nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza, ku isonga hari General Abdel Fattah Abdelrahmane al-Burhan nk’umukuru w’igihugu, basangiye ubutegetsi bw’inzibacyuho n’abasivili, barimo Minisitiri w’Intebe Abdallah Hamdok.

Abaturage, mu kwigaragambya ngo ni uko bareba bagasanga abasilikali badashaka kwihutira gushyiraho izindi nzego za gisivili, nk’inteko ishinga amategeko na ba guverineri ba leta zigize Sudani.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga