• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
18/09/25
Gisagara: Polisi yashimiye Clubs zishinzwe gukumira ibyaha mu mashuri(anti-Crime Clubs in school)
18/09/25
Kamonyi-Ngamba: Amakuru intyoza.com yamenye ni uko Polisi yarashe Amabandi atatu yasanze arimo gutema no kwambura Abaturage
18/09/25
Ku biceri 200 gusa, Umunyamahirwe muri FORTEBET yatsindiye 1,296,945RWF
18/09/25
Kamonyi-Kayenzi: Barishyuye, Imyaka irasaga 5 batazi ikitambitse urugendo rujya ku Mulindi w’Intwari

Ambasaderi w’Ubumwe bw’Uburayi-EU/UE muri Venezuela yahambirijwe igitaraganya

Umwanditsi
July 1, 2020

Ambasaderi w’Umuryango w’Ibihugu by’Ubumwe bw’Uburayi-EU/UE muri Venezuela yahambirijwe igitaraganya nyuma y’uko uyu muryango ufatiye ibihano abategetsi 11 b’iki gihugu. Ni ibihano bimaze gufatirwa abategetsi 36 muri rusange, birimo kubima Visa no Gufatira imitungo yabo iri mu bihugu bigize uyu muryago. Perezida wa Venezuela nawe ati“ Niba badashaka kubaha Venezuela nibatuvire aha”.

Perezida wa Venezuela, Nicolás Maduro, kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kamena 2020 yahaye amasaha 72 ambasaderi w’Umuryango w’Ubulayi bwunze ubumwe-EU/UE kugirango abe yamuviriye mu gihugu.

Uyu mujinya yawutewe n’ibihano uyu muryango wafatiye abategetsi bashya 11 bo muri Venezuela. Bityo umubare w’abafatiwe ibihano ugeze kuri 36. Ibi bihano birimo kubima visa zo kujya mu Bulayi no gufatira imitungo bafiteyo. Mu ijambo yavugiye kuri televiziyo, Perezida Maduro yagize ati: “Niba badashaka kubaha Venezuela nibatuvire aha!”

Ibi bihano nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza, biri mu rwego rwo gushyira igitutu ku butegetsi bwa Perezida Maduro kugirango bwemere demokarasi, nk’uko Ubulayi bubivuga.

Umuyobozi w’urwego rushinzwe ububanyi n’amahanga rw’Umuryango w’Ubulayi, Josep Borrell, yatangaje ko nabo bashobora kwirukana ambasaderi uhagarariye Venezuela muri uyu Muryango i Buruseli mu Bubiligi.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5869 Posts

Politiki

4120 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1011 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

144 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga