• Kigali, Rwanda
  • +250 123 456 789
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
08/05/25
Kamonyi-Runda: Polisi yataye muri yombi abasore 2 yafatanye ibiyobyabwenge
08/05/25
Kamonyi-Rukoma: Ntabwo tuzihanganira abantu b’Ingarisi batagira icyo bakora baza kwiba abaturage-DPC Furaha
08/05/25
Kamonyi-Musambira/Kwibuka31: Twahisemo kuba umwe, kureba kure ndetse no gufatanya-Visi Meya Uzziel Niyongira
08/05/25
Kamonyi: Abikorera/PSF bibutse bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi banaremera Intwaza

Kamonyi: Abaturiye umuhanda Ruyenzi-Gihara bahangayikishijwe no kutagira amazi

Umwanditsi
July 1, 2020

Amezi ashize arenga abiri abaturiye umuhanda Ruyenzi-Gihara urimo gukorwa ngo ushyirwemo kaburimbo batagira amazi. Intandaro ni iyangizwa ry’amatiyo yajyanaga amazi mu baturage. Abaturage bati “Bayobozi muduhe amazi”, abandi bati “ikibazo cyanyu turakizi”.

Kuva imashini n’abakora uyu muhanda batangira ibikorwa byabo, bagiye bangiza amatiyo ajyana amazi mu baturage ku buryo amezi ashize arenga abiri hari abatagira amazi, bakavuga ko iki ari ikibazo kibabangamiye kuko babona amazi bibagoye cyane.

Abaturiye uyu muhanda no mu nkengero zawo aho amazi yageraga, bavuga ko nubwo bishimiye ikorwa ry’uyu muhanda, ariko batanejejwe no kubaho nta mazi bafite. Bavuga ko mu gutanga isoko ry’umuhanda kugera n’ubwo imirimo itangira hagombaga gutekerezwa uburyo umuhanda uzakorwa abaturage batabuze amazi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi, buvuga ko ikibazo cy’ibura ry’amazi mu baturiye uyu muhanda bukizi ndetse burimo kugishakira umuti ku buryo mu bihe bya vuba abaturage bongera kubona amazi.

Kayitesi Alice, Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi yabwiye intyoza.com ko igisubizo kitari kure. Ati“ Ikibazo cy’amatiyo y’amazi turakizi, inyigo y’aho azimurirwa yarakozwe bigiye gukorwa vuba yimurwe”.

Meya Kayitesi abajijwe igihe bateganya kuba bahaye aba baturage amazi, yasubije ko bitoroshye kukimenya bitewe n’akazi kazaba karimo, ariko ko bemeranijwe ndetse basaba abahawe gukora iyi mirimo kwihutisha ibikorwa abaturage bakabona amazi.

Hari ibindi bibazo bitandukanye bikomeje gututumba mu ikorwa ry’uyu muhanda tugikurikirana birimo n’abavuga ko badahembwa n’ibindi tugishakira amakuru ahagije.

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Kamonyi-Nyamiyaga: Umurezi mu kigo cy’Ishuri araye mu maboko atari aye kubera umwana w’umukobwa w’imyaka 14-15
Umwanditsi
October 17, 2024
Ibyiciro

Amakuru

5795 Posts

Politiki

4046 Posts

Ubuhinzi

145 Posts

Ubukungu

992 Posts

Imyidagaduro

79 Posts

Imikino

138 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga