• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
16/09/25
Umwami w’ibikubo byo ku Bitego atahanye 1,175,360Rwf yashyizeho 10,000 mu isaha imwe gusa
16/09/25
Polisi y’u Rwanda yamaze guta muri yombi abantu bose bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda
16/09/25
Umwe muri 3 bagaragaye batemagura umuntu ku muhanda yatawe muri yombi
16/09/25
Kamonyi-Nyamiyaga: Ukekwaho gusambanya umwana wa 17 agahunga yatawe muri yombi

Leta y’Ubushinwa na Amerika birimo kurwanira mu itangazamakuru

Umwanditsi
July 2, 2020

Nyuma y’uko mu minsi ishize Leta zunze ubumwe za Amerika zafatiye ingamba zikarishye ibinyamakuru 4 by’ubushinwa bikorera ku butaka bwayo, bishinjwa gukorera munyungu za Politiki y’Ubushinwa no mu murongo wa Politiki yabwo, Ubushinwa nabwo bwafatiye ibyemezo ibitangazamakuru bine bya Amerika bikorera kubutaka bw’Ubushinwa. Byahawe iminsi 7 yo gukora icyo byasabwe.

Leta y’Ubushinwa yafatiye ibyemezo ibigo by’itangazamakuru bine byo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika bikorera kubutaka bwayo. Ibyo bigo ni; Associated Press, United Press International, CBS na National Public Radio.

Umuvuzi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa, Zhao Lijian, yavuze ko ibi bigo bihawe iminsi irindwi kugirango bibe byashyikirije Leta y’Ubushinwa urutonde rw’abakozi babyo bari mu Bushinwa n’umutungo wabyo bifite mu Bushinwa.

Yasobanuye ko ari igisubizo ku cyemezo cya Leta zunze ubumwe z’Amerika cyo gushyira mu rwego rw’ambasade z’amahanga ibigo bine by’Ubushinwa bikorera muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’Ubushinwa Zhao Lijian.

Ibi bigo leta ya Amerika yafatiye ibyemezo nkuko ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ribitangaza harimo; Televiziyo CCTV, ikigo ntaramakuru Xinhua, n’ibinyamakuru People’s Daily na Global Times. Byose uko ari bine ni ibya Leta y’Ubushinwa. Mu byemezo byafatiwe ibi bigo, harimo kugabanya cyane abakozi babyo bari muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Soma hano inkuru bijyanye ku byemezo Amerika yafashe mbere: Ibinyamakuru 4 by’Ubushinwa bikorera ku butaka bwa Amerika biri mu mazi abira

Munyaneza Theogene / intyoza.com

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5864 Posts

Politiki

4115 Posts

Ubuhinzi

147 Posts

Ubukungu

1009 Posts

Imyidagaduro

83 Posts

Imikino

143 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga