• Kigali, Rwanda
  • 0788309922
Facebook Twitter Youtube

INTYOZA

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga
Agezweho
27/10/25
Kamonyi-Rugalika: Ubufatanye bw’Ababyeyi n’Ubuyobozi bwa GS Ruramba, urugero rw’ibishoboka
27/10/25
Nyamagabe: Kuhira imyaka ntibisaba gusa imashini, n’atemba ku musozi aruhira-Min. Dr Bagabe Mark Cyubahiro
27/10/25
Kamonyi: Nk’Abayobozi, dukore baturebereho kuruta kuvuga ibyo tudakora- Guverineri Alice Kayitesi
27/10/25
Dr Sosthène Munyemana ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yasabiwe gufungwa burundu

Kwibohora26: Buri wese akwiye gukora atitekerezaho gusa-Perezida Kagame Paul

Umwanditsi
July 5, 2020

Mu kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 26, aho ibirori ku rwego rw’Igihugu byabereye mu karere ka Nyagatare kuri uyu wa 04 Nyakanga 2020, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Kagame Paul yasabye ndetse yibutsa buri munyarwanda gukora atitekerezaho kandi agakora aharanira inyungu rusange, agaragaza ibyo akora.

Perezida Kagame Paul yagize ati“ Buri wese akwiye gukora atitekerezaho gusa, ahubwo agashyira imbere inyungu zacu twese. Uri mukazi ka Leta, akamenya ko akorera abanyarwanda bose, akagaragaza ibyo yakoze byaba ngombwa akanabibazwa”.

Umukuru w’Igihugu yibukije ko uyu munsi wo Kwibohora urimo kwizihizwa mu bihe bikomeye, aho Abanyarwanda bahanganye n’icyorezo cya Coronavirus cyugarije Isi n’u Rwanda by’umwihariko.
Avuga ko iki cyorezo ari ikigeragezo kandi kigomba kurwanywa kigatsindwa. Ati“ Iki cyorezo ni ikigeragezo, uko tukirwanya bigaragaza uburyo twiteguye guhangana n’ibindi byose byagerageza guhungabanya ubuzima bwacu n’ibyo tumaze kugeraho”.

Mu kwizihiza ku nshuro ya 26 isabukuru yo Kwibohora k’u Rwanda, hirya no hino mu Gihugu hatashywe ibikorwa bitandukanye byubatswe birimo; imidugudu yatujwemo abarokotse Jenoside batishoboye, hubatswe imihanda, ibiraro, amavuriro, amashuri, imiyoboro y’amazi n’ibindi byose bigamije impinduka nziza ku banyarwanda no kuzamura imibereho ya buri wese ikarushaho kuba myiza.
Munyaneza Theogene / intyoza.com

Yasuwe inshuro: 0

Share Article

Follow Me Written By

Umwanditsi

Shakisha
Izasomwe cyane
Kamonyi-Runda: Umugabo ukekwaho kwica umugore we amuteye icyuma yatawe muri yombi
Umwanditsi
November 27, 2024
Kamonyi-Musambira: Gitifu yakijijwe n’amaguru ahunga RIB agarurwa n’abaturage
Umwanditsi
October 15, 2024
Urutonde rw’abaperezida bayoboye u Rwanda kuva rwigenze
Umwanditsi
October 5, 2016
Ibyiciro

Amakuru

5898 Posts

Politiki

4149 Posts

Ubuhinzi

150 Posts

Ubukungu

1023 Posts

Imyidagaduro

85 Posts

Imikino

150 Posts
Facebook Pinterest Twitter Youtube
  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga

Intyoza.com itangaza amakuru yanyu mungingo zinyuranye z'ibibera ku isi no mukirere. Byaba ari ibyiza byubaka ndetse nibibi byo kwibazaho nko mu Bukungu, Politiki, Ikoranabuhanga, Umuco, Ubuzima, n'ibindi byinshi. Mutwandikire, mwinigure, mutugezeho ibitekerezo byanyu cyangwa izindi nkuru mwifuza kugeza kubandi.

© 2022, All Rights Reserved.

  • Amakuru
  • Imyidagaduro
  • Imikino
  • Politiki
  • Ubukungu
  • Ubuhinzi
  • Ubuzima
  • Urukundo
  • Ibindi
    • Ubukerarugendo
    • Ikoranabuhanga